• Amakuru / MU-RWANDA


Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu Mujyi wa Mons mu u Bubiligi rwangijwe n’abantu bataramenyekana, baharuye ibimenyetso n’ibirango byarugaragazaga nk’Urwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Amakuru y’ibi byangiritse yamenyekanye muri iki cyumweru, aho bamwe mu Banyarwanda batuye muri uyu mujyi bagaragaje ko bababajwe cyane n’iki gikorwa bafata nk’ikigamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Stany Mukuralinda, umwe mu Banyarwanda batuye muri Mons kandi ugira uruhare mu gutegura ibikorwa byo kwibuka muri uwo mujyi, yavuze ko uburyo uru rwibutso rwangijwemo bugaragaza ko ababikoze bari bafite umugambi mubisha.

Yagize ati “Byakozwe n’umuntu wabikoranye umujinya. Bigaragara ko ari abantu bafite umugambi wo gupfobya cyangwa guhakana Jenoside.”

Perezida wa Diaspora Nyarwanda muri Mons na Tournai, Turagara Arnold, yavuze ko bahise babimenyesha ubuyobozi bw’Umujyi wa Mons ndetse na Polisi kugira ngo hakorwe iperereza rigamije kumenya ababikoze no kubageza imbere y’ubutabera.

Yanavuze ko Abanyarwanda batuye muri uwo mujyi bamaganye bikomeye icyo gikorwa, ashimangira ko ari igikorwa kibangamira icyubahiro cy’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abaturage b’Abanyarwanda batuye muri Mons bavuga ko biteguye gukomeza gukorana n’inzego z’umutekano n’ubuyobozi bwaho kugira ngo ibikorwa nk’ibi bitazongera kubaho.

 


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments