Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo rwafatiye icyemezo gikomeye Colonel Jean de Dieu Mambweni, rumukatira igihano cy’urupfu nyuma yo kumuhamya uruhare mu iyicwa ry’impuguke ebyiri z’umuryango w’abibumbye ziciwe mu Ntara ya Kasai mu mwaka wa 2017.
Aba bahanga bishwe ni Zaida Catalan
wari ufite ubwenegihugu bwa Suède na Chile, hamwe na Michael Sharp wo muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika. Bari bageze muri Kasai tariki ya 12 Werurwe 2017 mu butumwa bwo gukora
iperereza ku bwicanyi bwari bukomeje gukorwa n’umutwe witwaje intwaro wa Kamuina Nsapu.
Amakuru
yagejejwe imbere y’urukiko agaragaza ko aba bakozi ba Loni bahagaritswe
n’abarwanyi hafi y’agace ka Moyo-Musila mbere yo kujyanwa mu gihuru
bakicirwayo. Imirambo yabo yabonetse nyuma y’iminsi 16.
Col
Mambweni yashinjwaga gukorana bya hafi n’umutwe wa Kamuina Nsapu ndetse no kuba
yarabonanye n’izi mpuguke mbere gato y’uko zicwa. Yari yarakatiwe igifungo
cy’imyaka 10 mu rubanza rwabaye mu 2019, ariko Ubushinjacyaha buhita bujurira
buvuga ko ibihano byatanzwe bidahagije.
Mu
cyemezo giheruka gufatwa tariki ya 5 Kamena 2026, urukiko rwanzuye ko Col
Mambweni ari umwe mu bayoboye umugambi wo kwica aba bakozi ba Loni, rumukatira
urwo gupfa. Rwanagumishijeho ibihano by’urupfu byari byarafatiwe abandi bantu
49 bakekwaho kugira uruhare muri ubwo bwicanyi.
Imiryango
iharanira uburenganzira bwa muntu, irimo Human
Rights Watch, yakomeje kunenga uburyo uru rubanza rwaburanishijwe, ivuga
ko uruhare rw’abakozi bamwe ba Leta rutigeze rusobanurwa bihagije.
Abo
mu muryango wa Zaida Catalan na bo bagaragaje ko hari ibimenyetso byinshi
byirengagijwe, birimo amajwi bivugwa ko yumvikanamo Col Mambweni agaragaza
impungenge z’uko izi mpuguke zari zigiye gutahura amakuru y’ibanga ku bwicanyi
bwabereye muri Kasai.
Iyi dosiye ikomeje gufatwa nk’imwe mu zaciye ibintu mu mateka ya
Congo no mu mikorere y’ubutabera bwa gisirikare, cyane cyane ku birebana no
kurinda abakozi mpuzamahanga bakora ubutumwa bw’amahoro n’ubugenzuzi.