Dr Kizza Besigye, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi uri muri gereza, hamwe n’uwo bareganwa Hajji Obeid Lutale, bongeye gutanga ikirego mu Rukiko Rukuru basaba ko urubanza rw’inshinjabyaha baregwamo ruhagarikwa, bavuga ko habayeho ihohoterwa rikomeye ry’uburenganzira bwabo buteganywa n’Itegeko Nshinga.
Aba bagabo
bombi baregwa icyaha cyo kugambanira igihugu ndetse no kudatanga amakuru ku
mugambi wo kugambanira igihugu. Bavuga ko uburyo bafashwemo, bafungiwemo ndetse
bakurikiranwemo n’ubutabera bwabangamiye uburenganzira bwabo bwo kuburanishwa
mu buryo buboneye nk’uko Itegeko Nshinga ribiteganya.
Nk’uko
babivuga, ikurikiranacyaha ryabo ryaranzwe n’ibyo bise gushimutwa mu buryo
bunyuranyije n’amategeko, gukorerwa iyicarubozo, gufungwa igihe kirekire ndetse
n’amagambo bavuga ko yatangajwe ku mugaragaro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za
Uganda (CDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, agamije kubacira urubanza mbere
y’igihe.
Basaba ko
byemezwa n’urukiko ko gushimutwa kwabo bivugwa ko kwabereye i Nairobi muri
Kenya ku wa 16 Ugushyingo 2024, bikozwe n’abasirikare ba Uganda, byari
binyuranyije n’amategeko, kandi ko bituma urubanza rwakurikiyeho rutagira
ishingiro mu mategeko.
Inyandiko
zashyikirijwe urukiko zigaragaza ubutumwa butandukanye bivugwa ko bwatangajwe
ku rubuga nkoranyambaga X, harimo ubwatangajwe ku wa 16 Mutarama 2025 bugira
buti: “Tuzamanika KB ku Munsi w’Intwari. Uwo ni wo munsi mwiza wo gupfiraho.”
Abaregera
urukiko bavuga ko ayo magambo agaragaza kubacira urubanza mbere y’uko
ruburanishwa, kubakangisha ibihano bitanyuze mu mategeko, kubakorera
iyicarubozo ryo mu mutwe ndetse no kwivanga mu bwigenge bw’ubucamanza.
Like This Post? Related Posts