Umusekirite wateze umufana wa Rayon Sports akagwa igihumure yatawe muri yombi

Yanditswe na: TUYIZERE Mubaraka 2025-05-12 11:39:36 Imikino

Police y'uRwanda yatangaje ko ushinzwe umutekano wateze umufana wa Rayon Sports akikubita hasi abanje agatuza , yamaze gutabwa muri yombi ,kugirango akurikiranwe ku cyaha yakoze .

Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru,  nibwo Rayon Sports yatsinze Police FC,  mu mukino abakunzi ba Rayon Sports bari bakaniye cyane , bashaka gutsinda kugirango bisubize umwanya wa mbere , umukino urangiye nibwo yabaye ibyatumye abanyarwanda bacika ururondogoro .

Nyuma y'umukino hagaragaye umusore wari winjiye mu kibuga , maze mugushaka kuvamo yiruka umwe mubashinzwe umutekano ,banzwe bazwi nkaba bawunsa , yateze uyu musore maze arenga ibyapa byamamaza kuri Stade, maze akubita agatuza hasi ahita agwa igihumure , benshi banakeka ko yaba yitabye Imana.


Uyu mwana akimara kugwa hasi benshi bacyetse ko yitabye Imana , gusa yaje kuzanzamuka


Ubwo yasubizaga ubutumwa bwa Angeli Mutabaruka , Police y'igihugu yavuze ko uyu mugabo yamaze gutabwa muri yombi , bati " Muraho , umusekirite wagaragaye atega umwana mu mukino wahuje  Police FC na Rayon Sports,  kuri Kigali Pele Stadium,  yamaze gufatwa kugirango akurikiranwe ku cyaha yakoze " .

Ni kenshi hagiye hagaragara imikorere mibi kuri aba bantu bacunga umutekano kuri Stade,  aho usanga akenshi bahutaza abantu , rimwe na rimwe ugasanga banasagarira abayobozi b'amakipe , abakinbyi cyangwa abandi banyacyubahiro , abenshi bakemeza ko nta bumenyi baba bafite mu binjyanye no gucunga umutekano wo ku kibuga

Related Post