• Imyidagaduro / IBITARAMO

Nyuma yo kuba umugoroba w’Iseka rusange  byahinduye isura biba umugoroba wo kuramya no guhimbaza  mu gitaramo  cya Gen Z Comedy kitabiriwe n’abaramyi bakunzwe hano mu Rwanda .

 Cyari igitaramo  cyari giterejwe na benshi mu bakunzi b’Urwenya  cyabereye  mu iheme rinini muri Camp Kigali ku  mugoroba wo kuri uyu wa Kane  tariki ya 30 Ukwakira 2025 cyari cyatumiwemo kizigenza mu baramyi  hano mu Rwanda Israel Mbonyi wishimiwe na benshi ,

Ahagana kw’isaha ya saa mbiri  n’Iminota nibwo igitaramo cyatangiye  nubwo akavura kabanje gusa  nkakabidobya gatoya ariko ntibyabujije ko iryo  hema ryakubise rikuzura maze abantu bakaryoherwa n’urwenya .

Abanyarwenya basusurukije abitabiriye iki gitaramo harimo Pirate, Umushumba, Muhinde,Musa na MC Kandii n’abandi banyuranye batanze ibyishimo.

Israel Mbonyi wari kumwe n’itsinda ry’abacuranzi be bari bitwaje ibyuma bike, ndetse n’abamufasha mu buryo bw’amajwi yaririmbiye abitabiriye iki gitaramo zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe nabo si ukumwikiriza ibyari igitaramo cy’urwenya bihinduka umuziki.

Nyuma y’iminota irenga 25 ku rubyiniro no kubaganiriza ku rugendo rwe mu muziki n’ubuzima busanzwe, Israel Mbonyi yaje gusoza kuririmba.

Icyakora mbere yo kuva ku rubyiniro, Fally Merci uyobora ibi bitaramo yabanje gusaba abaramyi barimo Jesca Mucyowera,  Prosper Nkomezi, Alexis Dusabe na Aline Gahongayire.kuzamuka ku rubyiniro buri wese afata iminota mike yo gusuhuza abakunzi be yifashishije imwe mu ndirimbo ze zakunzwe.

Israel Mbonyi ataramiye muri Gen-Z nyuma y’uko amaze iminsi amuritse Alubumu ya Gatanu yise ‘Hobe’ akaba arimo no gutegura igitaramo icyambu Live Concert IV gisanzwe kiba tariki 25 Ukuboza 2025.





 







Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments