• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi akaba umushoramari mu muziki akaba n’umuyobozi wa studio yo muri Nijeriya, Don Jazzy, yagaragaje ko yigeze kugira igihe akumva ko ubuzima bwe mu muziki burangiye, nyuma y’isenyuka rya label ye yitwaga Mo’Hits Records, yari yarashinze hamwe na D’banj mu mwaka wa 2012, isenyuka biturutse ku amakimbirane hagati yabo.

Mu kiganiro aherutse kugirana na Rolling Stone, Don Jazzy yavuze ati:

Ubwo Mo’Hits yesenyukaga natekerezaga ko ari iherezo. nari hafi yo gupakira ibyanjye nkajya gutura hanze. Ariko inshuti zanjye zanteye imbaraga ngo ngume hano ntangire bundi bushya nibwo havutse Mavin Records. Uhereye icyo gihe, namenye kutemerera ikintu na kimwe kunesha .”

Nyuma y’isenyuka rya Mo’Hits, Don Jazzy yahise ashinga inzu nshya y’umuziki yitwa Mavin Records, yakomeje kuba urugo rw’abahanzi benshi bari basanzwe muri Mo’Hits barimo Wande Coal, Dr SID, na D’Prince, ndetse inafungurira amarembo ibyamamare bishya nka Tiwa Savage, Reekado Banks, Korede Bello, na Di’ja.

Kuri ubu, Mavin Records itunze urutonde rw’abahanzi bakomeye barimo Rema, Ayra Starr, Ladipoe, Crayon, Magixx, Boy Spyce, Bayanni, Johnny Drille, na DJ Big N.

Mu mwaka wa 2024, kompanyi mpuzamahanga Universal Music Group (UMG) yatangaje ko yaguze imigabane myinshi muri Mavin Global, igikorwa cyafashije iyi label kwagura ibikorwa byayo no gutera imbere kurushaho ku rwego mpuzamahanga.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments