• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi w’Umunyanijeriya Femi Kuti, umuhungu wa nyakwigendera Fela Kuti washinze injyana ya Afrobeat, yatangaje ibanga rimufasha gukomeza kumara igihe kirekire mu ruganda rw’umuziki nta gucika intege.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru ryo muri Nigeria, Femi Kuti yavuze ko ubwitonzi, imyitozo ngororamubiri, n’urukundo afitiye umuziki ari byo bimufasha gukomeza gukora umuziki w’umwimerere kandi wubashywe.

Yagize ati:“Ntabwo ari amafaranga cyangwa igikundiro bifasha umuntu kumara igihe kinini mu muziki. Ni ugukomeza gukunda ibyo ukora, kubikora buri munsi, kandi ukirinda ibintu byose bishobora kugusubiza inyuma.”

Femi Kuti, umaze imyaka irenga 30 mu muziki, yavuze ko kugumana ubuzima bwiza n’ukumva ko umuziki ari umurimo ufite intego byamufashije gukomeza kuba umwe mu banyabigwi bakomeye muri Afurika.

Yasoje avuga ko afite intego yo gukomeza gusigasira umurage wa se Fela Kuti no guteza imbere injyana ya Afrobeat ku rwego mpuzamahanga.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments