Umuhanzi Eddy Kenzo yatangaje ko atiakorera mu bushobozi bwa Bebe Cool ubwo bari mu bikorwa byo kwamamaza Perezida Museveni ko we asanzwe akorana neza kandi mu buryo butaziguye na Perezida ubwe
Amakuru
avuga ko aba bombi bamaze iminsi batumvikana ku bijyanye n’igenzura
n’ihuzabikorwa ry’abahanzi bajya mu bikorwa bya Perezida hirya no hino mu
gihugu, ndetse hakavugwa ko hariho n’amakimbirane ashingiye ku micungire
y’amafaranga ajya muri ibyo bikorwa.
Mu
kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Eddy Kenzo yavuze ko
adakorera munsi ya
Bebe Cool, ahubwo ko akorera ku buryo bwigenga kandi akorera ku
rwego rwo hejuru akageza raporo ze kuri Perezida ubwe, nk’uko
abikora mu nshingano ze nk’Umujyanama wa Perezida mu
by’ubuhanzi n’ubuhanzi rusange ndetse n’Umuyobozi
w’abahanzi bo muri Uganda.
Eddie Kenzo yagize ati “Njyewe ubwanjye ndi umuyobozi
w’abahanzi muri Uganda kandi mfasha Perezida mu bijyanye n’abahanzi. Ni
inshingano zanjye kureba ko ibintu byose birebana n’abahanzi bigenda neza.
Sindi munsi ya Bebe Cool habayeho urujijo ruke ubu nkorana n’Umukuru w’igihugu
mu buryo butaziguye,”
Kenzo yashimangiye ko inshingano ze zirimo guhuza
abahanzi, guteza imbere ubumwe mu ruganda rw’imyidagaduro, no gutegura ibikorwa
byo gushyigikira Perezida Museveni mu gihugu
hose.
Amakuru yemeza ko umubano hagati ya Kenzo
na Bebe
Cool umaze igihe udahagaze neza, aho bamwe mu bazi ibyabo
bavuga ko ari “umubano w’umuhindo ariko w’akazi”, kuko bombi bakomeje gukora
ibikorwa byo kwamamaza Perezida mu rwego rwo kumwongerera amajwi mu matora ari
imbere.
Like This Post? Related Posts