• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi  umaze kuba Icyamamare  muri Afurika Burna Boy  yahishuye uburyo amaze igihe agorwa n’ibijyanye n’iyobokamana aho yavuze ko nubwo yahinduye idini akava mu bakristu akajya mu idini ya Islam ataragera ku rwego rumuhaza  mu buryo bw’Umwuka

 Ibi yabigarutseho ubwo yari  mu kiganiro na Playboymax aho yashimangiye ko akomeje  kurushaho kwiga no gukora ubushakashatsi mu bitabo by’amadini ,gusa arushaho kuyoberwa aho ukuri nyakuri guherereye

Burna Boy  yagize ati “ Nakuriye  mu idini ya gikristu mba umuyisilamu ariko bimeze  nko kuba warize byinshi kuby’amadini ,Ariko  kugeza  ubu ndacyashakisha kumenya ukuri Nyakuri ku bibera kw’isi,Uko  ndushaho gukora ubushakashatsi niko ndushaho kuyoberwa

 “Uyu muhanzi w’imyaka 33 y’amavuko yavuze ko urugendo rwe rwo gushaka ukuri n’igisubizo cy’ibibazo byo mu buzima ari urugendo rukomeye, kandi ko adashaka gufatwa nk’umuntu ufite idini rimwe gusa, ahubwo ari umuntu wifuza gusobanukirwa neza n’imibereho y’abantu n’imbaraga zo mu buryo bw’umwuka.

 

 

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments