• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi akaba n’umunyabigwi  ukomoka mu gihugu cya Bénin  wamenyekanye ru ruhando mpuzamahanga kubera ijwi rye Angelique Kidjo  yatangaje  uko abona abahanzi bakoresha impano yabo y’umuzikia mu gushimangiza cyangwa kwamamaza abanyapolitiki n’amashyaka yabo

Uyu  muhanzikazi wibitseho ibihembo bya Grammy  Awards  yatangaje ko mu buzima bwe nta muziki akorera abanyapolitiki, uko ubutegetsi bwa Politiki butamara igihe , kandi ko umuhanzi ukoresha umuziki mu nyungu za Politiki ashobora  guta agaciro  igihe cyose ubutegetsi buhindutse .

Ibi yabitangaje  ubwo yari mu kiganiro  cyitwa Female Poets Society podcast Angelique Kidjo yasabye bagenzi be b’abahanzi  kuba  ijwi  ry’abaturage aho kuba ijwi ry’abanyapolitiki bari  ku butegetsi.

Yagize ati “ Abahanzi  tugomba kuba ijwi ry’abaturage ,ntituri ijwi ry’abategetsi , kuko Politiki irahinduka , ariko umuziki nyakuri  uba ugamije  impinduka nziza  mu mibereho myiza y’abantu

Angelique Kidjo  yavuze  ko yibuka amagambo umubyeyi we  wamureze  yamwigishije yo  kutagendera  ku nyungu za politike  mu  muziki we 

Yagize ati:“Papa yajyaga ambwira kenshi, by’umwihariko  njyewe nk’umuririmbyi, ngo ‘ntuzigere wandika umuziki ushimagiza ishyaka rya politiki iryo ari ryo ryose, kuko riza rigasimburwa, kandi iyo risimbuwe, nawe  urarangira ’”

Yasoje abwira abahanzi ati  “Andika umuziki wawe wubahiriza ibitekerezo byawe, wumve ufite ubwisanzure mu byo wandika. Ntukagurishwe cyangwa ngo ube igikoresho cy’umuntu, kuko iyo ubikoze, uhita uhinduka ijwi ry’ubutegetsi aho kuba ijwi ry’abaturage. Iyo ubwo butegetsi buhindutse, nawe uhita uburizwamo.”


https://www.youtube.com/watch?v=dlgESq5FAx4&list=RDdlgESq5FAx4&start_radio=1



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments