Umuhanzi Joseph Mayanja,
uzwi cyane ku izina rya Chameleone,
yatangaje ko nta faranga na rimwe ahabwa
kugira ngo aririmbire mu bitaramo byo kwamamaza Perezida Yoweri Kaguta Museveni.
Uyu muyobozi
wa Leone Island, Chameleone,
yasobanuye ko ibivugwa ko abahanzi
bashyigikiye Perezida Yoweri Kaguta Museveni bahembwa amafaranga menshi ko ari
ibihuha .
Chameleone, uri mu bahanzi baririmbana na Bebe Cool na Eddy Kenzo mu
bikorwa byo kwamamaza, yavuze ko abikora ku bushake bwabo nta kiguzi, ahubwo kubera ishimwe n’ubudahemuka bafitiye
Perezida Museveni.
Chameleon
yagize ati “ njye ku giti cyanjye “Nshyigikiye Perezida Museveni ku
mpamvu nyinshi, ariko cyane cyane kubera amahoro n’umutekano yabashije kubungabunga mu gihugu.
Abantu benshi batigeze bajya mu mahanga bashobora kuba batabona neza ukuntu dutuye mu mahoro n’umutekano
usesuye,”
Chameleone
yinjiye mu rutonde rurerure rw’abahanzi bashyigikira umukandida wa NRM, Perezida Yoweri Kaguta Museveni,
mu gihe habura igihe gito ngo habe amatora ateganyijwe muri Mutarama.
Uyu muhanzi akomeje kuririmba mu bitaramo
bitandukanye byo kwamamaza hirya no hino mu gihugu.
Like This Post? Related Posts