U Rwanda rwakiriye impunzi z’Abanyekongo 526 ziganjemo abana n’abagore bahunze imirwano irimo kubera mu bice bya Kamanyola no mu nkengero zaho.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa
Gatanu, tariki ya 5 Ukuboza 2025 hagati ya saa mbiri na saa tatu ni bwo ku
mupaka wa Kamanyola hambukiye impunzi z’Abanyekongo zahunze imirwano iri kubera
muri Kivu y’Amajyepfo hafi y’uyu mupaka.
Bakigera mu Rwanda babanje
gufatwa imyirondoro mu gihe hategerejwe umwanzuro w’ibiza gukurikiraho ku
buvatanye bw’inzego zitandukanye.
Izi mpunzi ziyongere ku
zindi 199 zahageze ku wa Kane tariki ya 4 Ukuboza 2025, na zo zari zihunze
imirwano yibasiye ibice bitandukanye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ibi bibaye nyuma yaho
imirwano yongeye gukomeza mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu aho ihuriro
ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), iz’u Burundi na
Wazalendo zagabye ibitero bikomeye ku bice bigenzurwa na AFC/M23 muri Santere
ya Katogota iri muri Teritwari ya Uvira na Kamanyola muri Teritwari ya Walungu
mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Nk’uko bitangazwa na Radio
Okapi, Kamanyola yibasiwe n’imirwano ikomeye yari ihanganiye gufata umuhanda
w’Igihugu wa 5 uhuza Bukavu na Uvira.
Bivugwa kandi ko kugeza ku wa kane hari hamaze gupfa abasivili barindwi n’abandi batandatu bakomeretse, amasoko n’amashuri arafunze ndetse n’abatarahunga babuze amahwemo.