Maj. Gen. Francis Takirwa, wari Umugaba wungirije w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yapfuye nyuma y’igihe kirekire yari amaze arwaye.
Takirwa yari umwe mu basirikare b’inararibonye mu ngabo za Uganda
(UPDF), aho yinjiye mu 1989 akomeza kuzamuka mu myanya y’ubuyobozi itandukanye.
Mu byo yakoze harimo kuba Umugaba wungirije w’ingabo zirwanira ku butaka,
kuyobora Diviziyo ya kabiri y’Ingabo za Uganda ikorera i Mbarara, ndetse no
kuba umuyobozi ushinzwe uburezi, siporo n’umuco mu ngabo za Uganda.
Takirwa
kandi yari yaroherejwe muri Somalia hagati ya 2011 na 2012 mu butumwa
bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AMISOM) bwo kuhagarura amahoro.
Yavutse
mu 1965 i Mbarara, mbere yo kwinjira mu gisirikare mu 1989. Mu gihe cy’umwuga
we, yitabiriye amahugurwa y’igisirikare mu bihugu bitandukanye birimo Uganda,
Tanzania, u Bushinwa, Misiri na Afurika y’Epfo, akaba yaragize uruhare rukomeye
mu guteza imbere ubushobozi bw’ingabo za Uganda.
Kwitabwa
n’igitambo cye ku gisirikare cya Uganda n’abaturage b’i Mbarara byitezweho
kwerekana icyubahiro ku musirikare w’inararibonye washyizeho umusanzu ukomeye
mu mutekano w’igihugu.