• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, yatanze  imbabazi ku mfungwa zirenga 4,000, mu rwego rwo kugabanya ubucucike muri za gereza no guha amahirwe mashya abakatiwe.

Izi mbabazi zatangajwe muri Gashyantare, ku munsi umwe n’uwo Guverinoma yemeje impinduka zikomeye mu Itegeko Nshinga, zigamije kongera manda ya Perezida Emmerson Mnangagwa kugeza mu 2030. Mnangagwa w’imyaka 83 uyoboye iki  igihugu kuva mu 2017.

Minisitiri w’Ubutabera, Ziyambi Ziyambi, yatangarije i Harare ko kurekura abagenerwabikorwa 3,978 bytangiye ku mugaragaro. Yavuze ko muri rusange abantu 4,305 bazarekurwa, barimo abagore 223.

Nk’uko imibare ya Leta ibigaragaza, mu gihembwe cya kabiri cya 2025, gereza za Zimbabwe zari zifite imfungwa zirenga 24,000. Iyi gahunda yibanze ku byiciro by’abantu bafite intege nke ndetse n’abagaragaje impinduka nziza mu myitwarire no mu rugendo rwo kwisubiraho.

Mu barekuwe harimo Tendai Chitsika w’imyaka 23, wari wakatiwe amezi atandatu azira ubujura, akaba yari asigaje amezi abiri gusa ngo arangize igihano cye. Yatangaje ko uburambe yagiriye muri gereza bwamuhinduye, anashimira Perezida ku mahirwe ahawe yo gusubira mu buzima busanzwe.

Mu gikari cya gereza nkuru ya Harare, imfungwa zari zicaye mu matsinda abiri: abari bagifite imyambaro ya gereza y’umuhondo n’iroza bari bagomba gukomeza igifungo, n’abandi bari bamaze kwambara imyambaro isanzwe, bategereje gusubira iwabo. Bamwe mu barekuwe baririmbaga indirimbo zishimagiza Perezida, zirimo amagambo “Mnangagwa huchi” asobanura ko “Mnangagwa ari nk’ubuki.”

Minisitiri Ziyambi yavuze ko iyi gahunda igaragaza ubushake bwo gushyira imbere ubutabera bushingiye ku gusubiza abantu mu muryango, impuhwe z’igihugu no kugabanya umuvundo muri gereza.

Icyakora, imbabazi ntizireba abakatiwe ibyaha bikomeye birimo ubwicanyi, ubujura bukoreshejwe intwaro, gufata ku ngufu cyangwa kurenga ku itegeko rijyanye no kubungabunga ituze n’umutekano,itegeko ryakunze gukoreshwa mu bihe byashize ku batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Kuva umwaka ushize, Zimbabwe iri mu bihe by’impagarara za politiki, aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango itandukanye banenga impinduka z’Itegeko Nshinga zivugwaho gushyigikira ishyaka riri ku butegetsi, ZANU-PF. Izo mpinduka ziteganya kongera manda ya Perezida ikava ku myaka itanu ikagera ku irindwi no guha Inteko Ishinga Amategeko ububasha bwo gutora Perezida, bikavugwa ko byakuraho amatora rusange ya Perezida.

Izi ngingo ziracyategereje kwemezwa burundu n’Inteko Ishinga Amategeko.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments