• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Abasivili benshi bishwe ku Cyumweru mu mirwano yadutse mu majyaruguru ya Sudan du Sud, nk’uko byatangajwe n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri iki gihugu (Mission des Nations unies au Soudan du Sud (MINUSS)).

Iyi mirwano yabereye mu gace ka Abiemnom, mu karere k’ubuyobozi ka Ruweng, hafi y’umupaka uhuza Sudani y’Epfo na Sudani. Bivugwa ko urubyiruko rwitwaje intwaro rutamenyekanye rwagabye igitero ku biro bikuru by’akarere ka Abiemnom, hakomereka abantu 23.

MINUSS yatangaje ko hari abaturage benshi baburiwe irengero muri iyo mirwano, ndetse n’abayobozi bamwe bo ku rwego rw’ibanze batabashije kuboneka. Ibi byabaye mu gihe igihugu kimaze iminsi  by’umutekano.

Mu byumweru bishize, urugomo rwariyongereye nyuma y’uko amasezerano yo gusangira ubutegetsi hagati ya Perezida Salva Kiir n’uwo bahanganye Riek Machar atagenze neza. Impande zombi zimaze igihe zidacana uwaka, ibintu byatumye impungenge zo gusubira mu ntambara yeruye zongera kwiyongera.

ONU yasabye impande zose guhagarika imirwano bidatinze no gutangira ibiganiro byubaka bigamije gukemura ibibazo binyuranye mu mahoro.

Komiseri Mukuru wa ONU ushinzwe uburenganzira bwa muntu, Volker Türk, yagaragaje impungenge zikomeye ku ihungabana rikomeje kwiyongera muri iki gihugu, asaba ko hafatwa ingamba zihuse zo kwirinda ko Sudani y’Epfo yasubira mu ntambara ya gisivili yuzuye.

ONU yibukije ko kurinda abasivili ari inshingano z’impande zose zihanganye, isaba kandi ko imiryango itanga ubutabazi ihabwa uburyo bwo kugera ku baturage bakeneye ubufasha bwihuse.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments