Rutahizamu w’ikipe ya Al Nassr Cristiano Ronaldo yavuye muri
Arabie Saoudite mu ijoro ryakeye nyuma y’ibitero by’indege zitagira bapilote
zarashe kuri Ambassade y’Amerika I Riyad
Uyu mugabo wibitseho ballon d’Or
eshanu usigaye I Riyad n’umugore
we Georgina Rodriguez n’abana
babo batanu yafashe icyemezo cyo kuba avuye muri icyo gihugu
mu ijoro ryakeye kubera ikibazo
cy’umutekano mukeya uri muri kariya karere , gusa ntibiramneyekana niba
yari kumwe n’umuryango we muri
urwo rugendo nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru
The Sun cyo mu bwongereza
Indege ye
yihariye, Bombardier Global Express, yakoze urugendo rw’amasaha hafi 7 ijya i Madrid,
ikaba yagaragaye hejuru y’igihugu cya Misiri
ndetse n’inyanja ya Méditerranée, mbere yo kugera mu gihugu cya Espagne
mu masaha ya mu gitondo ku wa kabiri.
Uru rugendo
rwabaye mu gihe abanyamahanga benshi bari guhunga akarere kubera ubwiyongere
bw’ibitero by’Abanya-Iran muri ?Moyen-Orient. Nk’uko byagaragajwe n’umwe mu
bakinnyi b’ibihe byahise ba Manchester
United, Rio Ferdinand, we n’umuryangobagiye i Dubaï mu bihe bisa no mu gihe cyo kwirinda.
Like This Post? Related Posts