Inteko Ishingamategeko ya RDC kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Werurwe 2026, iratangira kuganira ku masezerano y’amahoro ya Washington yasinywe umwaka ushize hagati y’u Rwanda na RDC.
Ibiro
bya perezida wa RDC byatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi yakiriye umukuru
w’inteko ishingamategeko umutwe w’abadepite Aimé Boji Sangara na Jean-Michel
Sama Lukonde ukuriye umutwe wa sena kugira ngo babiganireho.
Amasezerano
ya Washington yasinywe muri Nyakanga (7) 2025, yemezwa mu Ukuboza (12) 2025 na
ba Perezida Paul Kagame na Tshisekedi. Ni amasezerano yasinywe ahagarariwe na
Perezida Donald Trump mu nyubako yari amaze guhindurira amazina ikitwa
"Donald J. Trump Institute of Peace" hafi y’ibiro bye.
Mu
gihe abagirwaho ingaruka n’intambara mu burasirazuba bwa Congo bari bizeye ko
aya masezerano ayihagarika, nk’uko Perezida Trump yari yabisezeranyije, ariko
kugeza ubu nta kinini cyahindutse ku rubuga rw’intambara.
Leta
ya Kinshasa ishinja umutwe wa AFC/M23 guhonyora ayo masezerano.
M23
na yo ishinja leta kuba ari yo yakomeje kurenga ku masezerano y’agahenge, no
gukoresha ibitero by’indege za ‘drones’ mu gukomeza imirwano.
Ntihazwi
neza umwanzuro uzafatwa n’Inteko ishingamategeko ya RDC kuri aya masezerano
y'amahoro iruhande rwayo harimo n'ay'ibikorwa by'ubukungu n'ubucuruzi hagati ya
Kinshasa na Washington.
Muri
ayo masezerano Amerika niyo izayungukiramo cyane kuko izajya itwara 55%
by’amabuye y’agaciro yatunganyirijwe mu Rwanda avuye muri RDC, Umuryango
w’Ubumwe bw’Uburayi (EU), u Buyapani na Koreya batware 32%, u Rwanda rutware
10% mu gihe RDC igomba gutwara 3%.
Inteko
Ishingamategeko ya RDC ntiyumva neza ukuntu RDC izatwara 3% kandi ari yo
nyr’umutungokamere, ikavuga ko harimo ubusumbane.