Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, yemeje itegeko rishyiraho Kaminuza y’Igihugu ya Gisirikare y’u Rwanda (National Defense University), ikigo gishya kizajya gihuriza hamwe inyigisho, amahugurwa n’ubushakashatsi mu bya gisirikare n’umutekano w’igihugu.
Iyi
kaminuza izaba igamije kongera ubumenyi n’ubushobozi bw’abasirikare n’abakora
mu nzego z’umutekano, binyuze mu masomo yo ku rwego rwo hejuru ndetse
n’ubushakashatsi bwimbitse ku bijyanye no kurinda igihugu.
Guhuza amashuri ya gisirikare
asanzwe
Kaminuza
ya Gisirikare izahuriza hamwe amashuri n’ibigo bitandukanye byari bisanzwe
bitanga amahugurwa mu bya gisirikare. Muri ayo harimo Rwanda Military Academy
Gako, itanga amahugurwa ku bashaka kuba ba ofisiye bato, ndetse na Rwanda
Defence Force Command and Staff College Nyakinama, itanga amahugurwa ku
bofisiye bakuru bari ku mapeti ya Major, Lieutenant Colonel na Colonel.
Aya
mashuri azaba ari mu rwego rumwe rwa kaminuza, bigafasha gutegura neza amasomo
n’amahugurwa ku rwego rwa kaminuza.
Ishuri ry’abofisiye bakuru cyane
Muri
gahunda yo kuvugurura imyigishirize ya gisirikare, hateganyijwe gushyiraho
ishuri ryihariye ryitwa National Defense College, rizajya ryigisha abofisiye
bakuru cyane kuva ku ipeti rya Colonel kuzamuka kugeza kuri Général.
Iri
shuri rizibanda ku myigire ijyanye n’imiyoborere y’ingabo ku rwego rwo hejuru,
ingamba z’umutekano w’igihugu ndetse n’isesengura ry’ibibazo by’umutekano ku
rwego mpuzamahanga.
Gutanga impamyabumenyi
n’ubushakashatsi
Kaminuza
ya Gisirikare izajya itanga impamyabumenyi zitandukanye zirimo iz’icyiciro cya
mbere n’icya kabiri cya kaminuza, ndetse n’izindi mpamyabushobozi mu bijyanye
n’igisirikare n’umutekano.
Uretse
inyigisho, iyi kaminuza izibanda cyane ku bushakashatsi n’isesengura ry’ibibazo
by’umutekano ku rwego rw’igihugu, akarere ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Ubufatanye na Kaminuza y’u Rwanda
Kugeza
ubu, amasomo amwe n’amwe atangirwa mu mashuri ya gisirikare atangwa ku
bufatanye na Kaminuza y’u Rwanda. Ibi byatumaga impamyabumenyi zihabwa
abasirikare zitangwa n’iyi kaminuza.
Umuyobozi
Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Didas Kayihura Muganga, yavuze ko amasomo menshi
bigishaga abasirikare atari ajyanye n’igisirikare gusa, ahubwo yari amasomo
asanzwe yigishwa no mu zindi porogaramu za kaminuza.
Yagaragaje ko nubwo kaminuza ya gisirikare izatangira gukora yigenga, ishobora gukomeza gukorana na Kaminuza y’u Rwanda mu bijyanye n’amasomo amwe n’amwe cyangwa porogaramu zishobora gukomeza gutangirwa mu mashuri ya gisirikare.
Impamvu yo kuyishyiraho
Minisitiri
w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yasobanuye ko gushyiraho iyi kaminuza ari igice
cy’amavugurura agamije kunoza imiyoborere ya Rwanda Defence Force no kongera
ubushobozi bwayo mu bijyanye n’inyigisho n’ubushakashatsi.
Iyi
gahunda igamije kandi gutuma ingabo z’u Rwanda zibasha gusohoza neza inshingano
zazo zo kurinda igihugu n’umutekano wacyo, binyuze mu bumenyi buhanitse
n’ubushakashatsi bujyanye n’igihe.
Mu bihugu byinshi ku isi, kaminuza za gisirikare zifasha cyane mu guteza imbere ubushakashatsi mu by’umutekano, gutegura abayobozi b’ingabo ndetse no guteza imbere ubumenyi mu bijyanye n’imiyoborere ya gisirikare. U Rwanda narwo ruri mu nzira yo kongera uru rwego rw’inyigisho binyuze muri Kaminuza ya Gisirikare.
Ishuri
Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama risanzwe rihugura abofisiye bakuru mu Rwanda
ariko harashakwa irindi irizajya rifasha n’abo ku rwego Général