Wa munsi
wari utegerejwe na benshi mu bakunzi
ba ruhango mu Rwanda wageze
aho kuri uyu wa Kane tariki ya 26
Werurwe 2026 kuri Kigali Péle Stadium habereye umukino
wa mbere ufungura irushanwa rya FIFA Series 2026 .
Umukino
wafunguye wahuje Igihugu cya Aruba
ndetse na Macau,iri rushanwa rikaba ritegurwa na FIFA ,Aho ifasha Amakipe y’ibihugu
mu mikino ya gicuti, rikaba ribaye ku nshuro ya Kabiri , ariko Ari ubwa mbere i
Kigali.
?Uyu mukino
ukaba ari uwo mu itsinda rya B ukaba watangiye saa 13:30 , usifurwa n’umusifuzi
Mpuzamahanga w’Umunyarwanda Uwikunda Samuel.
Igice cya mbere
cy’umukino kikaba kihariwe cyane n’ikipe y’Igihugu cya Aruba , wabonaga irusha
cyane Ikipe y’igihugu cya Macau , Igice cya mbere cyarangiye ari Ibitego 3 – 0,
byatsinzwe na Fermina Carlito, ku munota wa “5, naho Romano Joybrien
ayitsindira Ibitego 2 ku munota wa 13? na 16”.
Igice cya kabiri
cyatangiye nu bundi Ikipe y’Igihugu ya Aruba ihererekanya neza cyane , Ariko
Abakinnyi b’ikipe y’Ibirwa bya Macau igerageza kuzibira imipira igana mu Izamu
ryabo , ubona ko n’Umutoza agerageza kubaha amabwiriza yo kugarira cyane ubona
ko adashaka gitsindwa ibindi bitego byinshi.
Ku munota wa
65? , Ikipe y’Igihugu ya Aruba yabonye igitego cya 4 gitsinzwe na Van Kitsdonk
Conner, Umukino wakomeje Ikipe y’Igihugu ya Macau nayo yageragejegukomeza
gusatira igera imbere y’izamu biza no
kuyihira maze ku Munota wa 87? Leong ka Hong ayibonera igitego cy’Impozamarira
.
Umukino ukaba warangiye Aruba itahukanye insinzi y’ ibitego 4-1, ihita igera ku mukino wa nyuma wo mu Itsinda B, rya FIFASeries , aho izahura n’ikipe iza kuva hagati ya Tanzania na Liechtenstein .