• Imikino / FOOTBALL

Ikipe y’igihugu ya Liechtenstein  gituwe n’abaturage  40?197 yatsinze  Tanzania igitego 1-0 mu mikino ya FIFA Series 2026 iri kubera mu Rwanda.

 Uyu umukino wabaye  nyuma y'undi wahuje  Aruba na  Macau warangiye ari  ibitego 4-1, uwa kabiri wo muri iri tsinda B wahuje Tanzania ya 113 na Liechtenstein y’i Burayi, yo iri ku mwanya wa 204 mu bihugu 210 biri ku rutonde rwa FIFA kugeza ubu.

Tanzania yihariye umukino mu minota ya mbere, yashoboraga gufungura amazamu ku mupira wahinduwe neza na Fei Toto ku munota wa karindwi, Mwalimu Selemani ananirwa kuwushyira mu izamu, ahubwo arawuhusha.

Taifa Stars yakomeje gusatira, Mwalimu Selemani abona uburyo bukomeye imbere y’izamu ku munota wa 11, ateye ishoti rinyura hejuru y’izamu.

Byasabye gutegereza umunota wa 42 kugira ngo Liechtenstein ibone uburyo bwa mbere imbere y’izamu, aho ishoti riremereye ryatewe na Saglam Ferhat ryakuwemo na Aishi Manula.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Tanzania yongeye guhusha igitego cyabazwe ku ishoti ryatewe na Miroshi Novatus ariko rikubita igiti cy’izamu.

Ku munota wa 56, Liechtenstein yakosoye Tanzania yari yahushije uburyo bwinshi, ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ferhat Saglam nyuma yo gusiga abakinnyi b’inyuma akaroba Aishi Manula.

Nyuma y’iminota ine gusa, Hasler Alessio yashoboraga gutsindira Liechtenstein igitego cya kabiri, ariko ishoti yateye rikurwamo n’umunyezamu Manula.

Tanzania yakoze impinduka zitandukanye ishyiramo abarimo Kibabage Nickson, Abraham Morice na Abbas Mudathir ariko ntiyabasha kwishyura igitego yari yatsinzwe.

Umukino warangiye Liechtenstein itsinze igitego 1-0, isanga Aruba ku mukino wa nyuma uzaba ku Cyumweru mu gihe Tanzania izakina na Macau mu guhatanira umwanya wa gatatu.

Uyu munsi  tariki ya 27 Werurwe 2026, harakina Itsinda A aho Kenya izakina na Estonia guhera Saa 18:00, mu gihe u Rwanda ruzakina na Granada Saa 21:00 muri Stade Amahoro.

 







Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments