Ikipe
y’igihugu ya Liechtenstein gituwe n’abaturage 40?197 yatsinze Tanzania igitego 1-0 mu mikino ya FIFA Series
2026 iri kubera mu Rwanda.
Uyu umukino wabaye nyuma y'undi wahuje Aruba na Macau warangiye ari ibitego 4-1, uwa kabiri wo muri iri tsinda B wahuje
Tanzania ya 113 na Liechtenstein y’i Burayi, yo iri ku mwanya wa 204 mu bihugu
210 biri ku rutonde rwa FIFA kugeza ubu.
Tanzania
yihariye umukino mu minota ya mbere, yashoboraga gufungura amazamu ku mupira
wahinduwe neza na Fei Toto ku munota wa karindwi, Mwalimu Selemani ananirwa
kuwushyira mu izamu, ahubwo arawuhusha.
Taifa Stars
yakomeje gusatira, Mwalimu Selemani abona uburyo bukomeye imbere y’izamu ku
munota wa 11, ateye ishoti rinyura hejuru y’izamu.
Byasabye
gutegereza umunota wa 42 kugira ngo Liechtenstein ibone uburyo bwa mbere imbere
y’izamu, aho ishoti riremereye ryatewe na Saglam Ferhat ryakuwemo na Aishi
Manula.
Mbere y’uko
igice cya mbere kirangira, Tanzania yongeye guhusha igitego cyabazwe ku ishoti
ryatewe na Miroshi Novatus ariko rikubita igiti cy’izamu.
Ku munota wa
56, Liechtenstein yakosoye Tanzania yari yahushije uburyo bwinshi, ifungura
amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ferhat Saglam nyuma yo gusiga abakinnyi
b’inyuma akaroba Aishi Manula.
Nyuma
y’iminota ine gusa, Hasler Alessio yashoboraga gutsindira Liechtenstein igitego
cya kabiri, ariko ishoti yateye rikurwamo n’umunyezamu Manula.
Tanzania
yakoze impinduka zitandukanye ishyiramo abarimo Kibabage Nickson, Abraham
Morice na Abbas Mudathir ariko ntiyabasha kwishyura igitego yari yatsinzwe.
Umukino
warangiye Liechtenstein itsinze igitego 1-0, isanga Aruba ku mukino wa nyuma
uzaba ku Cyumweru mu gihe Tanzania izakina na Macau mu guhatanira umwanya wa
gatatu.
Uyu
munsi tariki ya 27 Werurwe 2026, harakina
Itsinda A aho Kenya izakina na Estonia guhera Saa 18:00, mu gihe u Rwanda
ruzakina na Granada Saa 21:00 muri Stade Amahoro.