• Imikino / FOOTBALL

Ikipe y’igihugu ya Aruba yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruhereye ku Gisozi yunamira inzirakarengane zihanshyinguye n’abasaga miliyoni bishwe mu gihugu cyose mu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Basobanuriwe amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside, uko yashyizwe mu bikorwa, n’urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge Abanyarwanda bagezeho mu myaka 32 ishize urugamba rwo kubohora igihugu rurangiye.

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Aruba, Marvic Bermúdez, yavuze ko bishimiye gusura Urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane zishwe mu 1994 ndetse ko ari ibintu by’ingenzi kuri bo.

Yagize ati “ Ni ibintu by’ingenzi cyane kuri twe, ni byiza kuba twaje hano kuko ibi ntabwo ari umupira w’amaguru gusa ahubwo binerekana ubumuntu n’icyubahiro kuko bituma twiga tukamenya ameteka y’igihugu kandi ni byiza kuri twe nk’abatoza ndetse n’abakinnyi. Ni yo mpamvu twaje hano kugira ngo twereke icyubahiro Abanyarwanda”.

Ni mu gihe kandi mu Rwanda twitegura kwinjira mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aho bizatangira ku wa 7 Mata 2026.

Ikipe ya Aruba iri mu Rwanda aho yitabiriye imikino ya FIFA Series yateguwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA ndetse umukino wa mbere yitwaye neza aho yanyagiye ikipe ya  Macau ibitego 4-1.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments