Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Ngoma bavuga ko nubwo bagira ibyago bishimira ko leta yaborohereje kuza aho batuye ikabafasha kwandukura nyakwigendera bitabasabye gukora ingendo ndende no guta umwanya ibyo bo bitaga nko gushinyagurirwa.
Abaganiriye
na B Plus Tv ni abo mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Ngoma biganjemo abagize ibyago byo
gupfusha ababo bakavuga ko nyuma y’agahinda bishimira ko ubuyobozi
buborohereza mu kwandikura uwabo uba yitabyimana.
Ibi kandi bavuga bihuzwa n’uko ari igisubizo kirambye
cyafashwe n’ubuyobozi nk’ikigamije korohereza
Umuturage muri servisi ahabwa zirebana n’irangami merere ndetse no kwandukura uwe uba yutabye Imana.
Umwe mu bayobozi b'umwe mu midugudu yo mu murenge wa Sake twaganiriye yatubwiye
ku nyigisho
bahawe zo kwandukura uwitabye Imana n’icyo bimariye abaturage.
Umuyobozi wa karere ka Ngoma w'ungirije ushinzwe Imibereho
myiza y’abaturage yashimangiye ibyavuzwe n’umuyobozi w’umudugudu anemeza ko
babahuguye kandi ko ibyo bakora byo kwandukurira abitabye Imana basanzwe mu ngo byorohereza abaturage
mu mikorere yabo ya buri munsi no kudasiragira m’ubuyobozi.
Nk’uko twabihamirijwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma kwiy’igahunda iri mu gihugu hose ni gahunda yumvikana nk’inziza yaje gufasha no
korohererza abaturage ,mu gihe yakozwe neza hirindwa amanyanga
yazamo Umuturage ku isonga na servisi nziza ahabwa byafasha
benshi mu kwesa imihigo.