Ku wa
Gatandatu, ubuyobozi bwa Morocco bwarekuye abafana batatu b’Abanyasenegali
nyuma yo kurangiza igihano cy’amezi atatu bari barakatiwe bazira uruhare bagize
mu mvururu zabaye mu mukino wa nyuma wa Africa Cup of Nations 2025 wabereye i Rabat.
Aba bafana
basohotse muri gereza ya Al Arjat 2 Prison, iri mu majyaruguru ashyira
uburasirazuba bwa Rabat, bajyanwa kuri sitasiyo ya polisi mbere yo kurekurwa
burundu.
Nyuma yo
gusohoka kuri polisi, aba bafana bagaragaye bishimye cyane, bakirwa
n’abahagarariye ambasade ya Senegal muri Maroc.
Umwe muri bo
yagize ati:“dima Maroc, dima Maghrib” (bivuze ngo “harakabaho Maroc”).
Umunyamategeko
w’Umunyasenegali Patrick Kabou yashimiye cyane inzego za dipolomasi
n’abahagarariye ibihugu ku ruhare bagize mu gukurikirana iki kibazo, mu butumwa
yashyize ku rubuga rwa X.
Yanasabye
abaturage gukomeza gushyigikira aba bafana, cyane cyane mu kubafasha gusubira
mu buzima busanzwe nyuma y’igihe bamaze muri gereza.
Nubwo aba
batatu barekuwe, hari abandi bafana 15 b’Abanyasenegali bagikurikiranwe muri
uru rubanza. Aba bo bakatiwe ibihano bikomeye birimo gufungwa kuva ku mezi
atandatu kugeza ku mwaka umwe, kandi ibyo bihano byemejwe n’urukiko
rwajuririweho.
Aba bose
bafashwe kuva ku mukino wa nyuma wabaye ku wa 18 Mutarama, aho ikipe y’igihugu ya Senegal yari yagukanye igikombe cya Africa Cup of Nations 2025, nyuma
kikaza guhabwa Morocco nk’igihugu cyakiriye irushanwa.
Aba bafana
bashinjwaga ibyaha kirimo guteza urugomo muri stade ,Kurwanya Inzego z;umutekano,kwangiza ibikorwa
remezo byo muri stade,kwinjira mu kibuga batabifitiye uburenganzira no gutera ibintu mu kibuga
Muri uru rubanza kandi, Umufaransa ukomoka
muri Algeria na we yarekuwe nyuma yo kurangiza igihano cy’amezi atatu, azira
gutera icupa ry’amazi mu kibuga mu gihe cy’uwo mukino wa nyuma.
Ibi byabaye
mu gikombe cy’Afurika 2025 byongeye
kugaragaza akamaro ko kubungabunga umutekano mu mikino mpuzamahanga, cyane
cyane mu marushanwa akomeye akurura abafana benshi.
Abayobozi
b’imikino muri Afurika bakomeje gusaba abafana kwirinda ibikorwa by’urugomo no
kubahiriza amategeko kugira ngo siporo ikomeze kuba isoko y’amahoro n’ubumwe.
Like This Post? Related Posts