Ikipe ya
Arsenal yanganyije na Atletico Madrid mu mukino ubanza wa 1/2 cya UEFA
Champions League 2025/2026 wakinwe kuri uyu wa Gatatu saa Tatu z’ijoro kuri
Civitas Metropolitano.
Muri uyu
mukino wakurikiwe n’abarimo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda,Paul Kagame,
Atletico Madrid yari iri imbere y’abafana bayo n’iyo yatangiye ihererekanya
neza yiga uko isatira.
Ku munota wa
5 Arsenal yabonye uburyo bufatika bwashoboraga kuvamo igitego aho Noni Madueke
yahinduye umupira mwiza ubundi Piero Hincapie arekura ishoti ariko
rinyura impande y’izamu gato,
Ku munota wa
14 David Raya yatabaye Arsenal ku ishoti ryari rirekuwe na Julian Alvarez ariko
arikwedura arishyira muri koroneri.
Amakipe
yombi yakomeje gukina agabana igihe cyo guhererekanya umupira gusa Arsenal
ikanyuzamo ikagera imbere y’izamu rya Atletico Madrid nkaho Noni Madueke
yarekuye ishoti ryashoboraga guteza ibibazo ariko umupira unyura impande
y’izamu gato cyane.
Ku munota wa
44 iyi kipe yo mu Bwongereza yabonye penariti ku ikosa ryari rikorewe Viktor
Gyokores aba ari nawe uyitera ayishyira mu nshundura.
Mu gice cya
kabiri ku munota wa 56 Atletico Madrid yabonhe penariti nyuma y’uko myugaruro
wa Arsenal ,Ben White akora umupira ari mu rubuga rw’amahina .
Yahize
iterwa na Julian Alvarez ubundi arayinjiza. Nyuma kubona iki gitego Atletico
Madrid yakomeje gusatira cyane ndetse hari aho Antoine Griezmann yarekuye
yarekuye ishoti ariko rikubita igiti cy’izamu.
Arsenal
yakoze impinduka mu kibuga abarimo Bukayo Saka na Eberechi Eze bajya mu kibuga
ngo irebe ko yabona igitego cya kabiri ariko kirabura burundu birangira amakipe
yombi yamamaza Visit Rwanda anganya 1-1.
Like This Post? Related Posts