Ikipe ya
Police VC yanditse amateka yo kugera ku mukino wa nyuma muri Shampiyona
Nyafurika y?Amakipe y?Abagabo muri Volleyball ( CAVB Men’s Club Championship
2026.
Ni nyuma yo
gusezerera ikipe ya REG VC zahuriye ku mukino wa 1/2, wabereye muri BK Arena ku
mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Gicurasi 2026.
Uyu mukino
wahuje aya makipe yombi ahagarariye u Rwanda, Police VC yawutsinze ku maseti
3-1 ( 25-20, 22-25, 25-17, 25- 21).
Akarusho,
Police ihageze itaratsindwa umukino n’umwe kuva iyi mikino yatangira ku wa
Gatatu tariki ya 22 Mata 2026, mu nzira itari yoroshye.
Police yari
mu itsinda C kumwe n’andi makipe nka Faith Union Sport (FUS Rabat) yo muri
Maroc, Kenya Ports Authority ( KPA), Wolaitta Volleyball yo muri Ethiopia,
Prisons VC yo muri Tanzania, ndetse na Ghana Army.
Nyuma yo
gutsinda aya makipe igasohoka mu itsinda, Police yagiye isezerera amakipe nka
Nigeria Customs muri 1/8, ikuramo Kepler VC na yo y’u Rwanda muri 1/4, kugeza
isezereye na REG VC.
RRG VC
yasezerewe yari yagerageje kuko ntiyatangiye neza itsindwa umukino wabanje,
ikosora amakosa itsinda isigaye kugeza igeze muri 1/2.
Si u Rwanda
gusa, kuko na Misiri ifite amakipe abiri muri 1/2, ndetse yombi ahura, hakavamo
isanga Police VC ku mukino wa nyuma.
Ayo makipe
ni Al Ahly na yo itaratsindwa umukino n’umwe, ikaba itaratsindwa iseti n’imwe,
ikagira ibikombe byinshi by’iri rushanwa kuruta ayandi yose aho ibitse 16
byose, ndetse na Petrojet VC.
Ni nayo
ihabwa amahirwe menshi yo gusanga Police ku mukino wa nyuma zikesurana kuri uyu
wa Gatandatu tariki ya 2 Gicurasi 2026.
U Rwanda
rwakiriye iri rushanwa ku nshuro ya mbere, rwari ruhagarariwe n’amakipe ane
muri 24 yaryitabiriye, ari yo Police VC, REG VC, APR VC, na Kepler VC.
APR ni yo yasezerewe mbere muri 1/8, itsinzwe na FUS Rabat, Kepler iviramo muri 1/4 itsinzwe na Police VC. Aya makipe aracyakina imikino yo guhatanira imwanya azasorezaho ku rutonde rusange rw’iri rushanwa.