Mu gitondo cyo kuri uyu
wa mbere tariki ya 18
Gicurasi 2026 nibwo East African
Promoters itegura ibitaramo bya MTN Iwacu
na Muzika Festival yagiranye
ikiganiro n’Itangazamakuru kuri Kigali
Delight Hotel
Icyo kiganiro cyitabiriwe n’abahanzi bazatarama muri ibyo bitaramo barimo Ross Kana ,Davis D, Chriss Eazzy na Marina ukuyemo Kevin Kade na Kenny Sol batabashije kuboneka kuko batari mu gihugu .
Mu ijambo
rye Mushyoma Joseph uzwi nka
Boubou Umuyobozi Mukuru wa
EAP yabanje gushimira abafatanyabikorwa babateye inkunga yo gutera ibitaramo bya MTN Iwacu na Muzika Festival ndetse n’abahanzi bose bazakorana urugendo ruzazenguruka mu turere turindwi tw’ u Rwanda .
Muri icyo kiganiro
Mushyoma yatangaje ko uyu mwaka
ibi bitaramo bizarangwa n’Udushya twinshi aho yahishuye ko ku bufatanye na Primus bazatumira
abahanzi bose begukanye ibihembo muri PGGSS zose uko ari
umunani aho buri muhanzi
azajya ataramira muri buri karere
.
Nkuko yakomeje
abivuga abahanzi nka Urban Boyz, Platin uzahagararira Dream Boyz,
Bruce Melodie, Riderman, Knowless King James bose bamaze
kwemera ko bazaboneka muri ibyo bitaramo .
Ikindi yavuze nuko muri ibyo bitaramo byose
bazajya bafata umanya wo
kwibuka Jay Polly witabye imana .
Ku ruhande rw’Abahanzi bazitabira MTN iwacu na Muzika Festival Bose
bashimangiye ko ubu bari mu
myiteguro ikomeye kandi bizeza Abakunzi babo ko bari
kubategurira ibintu byiza kandi
biteguye kuzabashimisha n’Imbaraga zabo zose .
Biteganyijwe ko iserukiramuco rya Iwacu Muzika Festival rizatangira tariki 20 Kamena rigasozwa ku wa 1 Kanama 2026, rikazazenguruka Uturere dutandukanye turimo Huye, Ngoma, Nyagatare, Karongi, Muhanga, Musanze na Rubavu.