• Ubukerarugendo / ABASHYITSI

Urwego  rushinzwe iterambere  mu Rwanda (RDB)  rwatangaje ko hashingiwe ku bugenzuzi  rwakoze mu rwego rwo kugenzura iyuzuzwa ry’Ibisabwa mu bukerarugendo n’amahoteli rwafashe icyemezo cyo gufungwa   ibigo bikurikira  ibigo  bikurikira by’agateganyo kubera kutuzuza ibisabwa mu rwego rw’ubukerarugendo  n’amahoteli.

Nkuko bivugwa  muri  ito tangazo RDB yashyize ku mbuga nkoranyambaga zarwo  ibigo  byani  Century Park Hotel &Residence  iherereye I Nyarutarama mu mujyi wa Kigali,Dove  Luxury Hotel yo mu karere ka Gicumbi ,HighlandResort Ltd yo muri Rulindo na Nengo Eden Park  Hotel  yo mu karere ka Rubavu

Iri tangazao   rivuga ko  gufunga ibyo bio  by’agateganyo bigamije guha umwanya izi  hotel ngo zikemura  ibibazo  byagaragaye by’imikorere itanoz kubirebana nimpushya  zo gukora ,Isuku, ubuziranenge bw’ibiribwa ,umutekano muri rusange ,Ireme  rya serivisi n’Ibi bisabwa mu cyiciro barimo .

Ibigo byose byafatiwe ibyemezo  byasabwe guhagarika  imirimo yose  irebana na hoteli n’ubukerarugendo mu gihe bizaba bifunze kandi ntibishobora gusubukura imirimo mbere y’uko bitanze  ibimenyetso bifatika byerekana ko amakosa  yakosow kandi byamaze kugenzurwa n’inzego zibifitiye ububasha .

RDB iributsa n’ibindi  bigo byose byakira abantu kubahirizamu buryo bwuzuje ibisabwa byose  bijyanye n’ubukerarugendo,amahoteli ,isuku,umutekano,ubuziranenge bw’ibiribwa n’itangwa rya serivisi .

Yakomeje isaba abafite amahoteli kubahiriza ibisabwa  kuko ari ingenzi cyane kurinda abashyitsi, abakozni n’abaturage muri rusange  kandi  bishiminngira  ireme n’icyizere by’urwego rw’amahoteli n’Ubukerarugendo

Rdb yasoje  imenyesha ko izakomeza  gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibisabwa kandi izafata ingambazikwiye zirebana n’amategeko aho  bizaba ari ngombwa .


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments