• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Inteko Ishinga Amategeko y’Umutwe w’Abadepite muri Zimbabwe yemeje umushinga w’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga uzwi nka Constitution Amendment Bill No. 3, umwe mu mishinga y’amategeko uteje impaka zikomeye mu gihugu kuva Itegeko Nshinga rishya ryemezwa mu mwaka wa 2013.

Uyu mushinga urimo impinduka zikomeye ku mikorere ya demokarasi n’imiyoborere y’igihugu, aho bamwe bawufata nk’intambwe igamije gushimangira ituze rya politiki, mu gihe abandi bawubona nk’uburyo bwo gukomeza guha ubutegetsi ishyaka riri ku butegetsi.

Kimwe mu bintu by’ingenzi bikubiye muri uyu mushinga ni uguhindura igihe manda za Perezida n’iz’Abadepite zimara. Kugeza ubu, Itegeko Nshinga rya Zimbabwe riteganya ko Perezida n’Abadepite batorerwa manda y’imyaka itanu.

Ariko uyu mushinga uteganya ko iyo manda yazongerwa ikagera ku myaka irindwi.

Mu gihe uyu mushinga waba itegeko, manda ya Perezida Emmerson Mnangagwa yari kuzarangira mu 2028 ishobora gukomeza kugeza mu mwaka wa 2030.

Ibi byatumye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko ari uburyo bwo kongera igihe cy’umukuru w’igihugu ku butegetsi binyuze mu guhindura amategeko.

Ikindi gice cyakuruye impaka nyinshi ni icyerekeye uburyo Perezida yatorwa.

Kuva Zimbabwe yabona ubwigenge, abaturage ni bo bajyaga bitorera Perezida binyuze mu matora rusange. Ariko uyu mushinga uteganya ko Perezida atazongera gutorwa n’abaturage mu buryo butaziguye.

Ahubwo, Perezida yajya atorwa n’Inteko Ishinga Amategeko mu nama ihuriweho n’Abadepite n’Abasenateri nyuma y’amatora rusange.

Abasesenguzi benshi bavuga ko iri hinduka rishobora kugira ingaruka zikomeye ku buryo demokarasi ikora muri Zimbabwe, cyane cyane kubera ko ishyaka riri ku butegetsi, ZANU-PF, rifite ubwiganze bukomeye mu Nteko Ishinga Amategeko.

Niba iri tegeko ryemezwa uko riteye, bishobora gutuma ishyaka rifite imyanya myinshi mu Nteko ari ryo rikomeza kugena Perezida wa Repubulika.

Nyuma yo kwemezwa n’Umutwe w’Abadepite, uyu mushinga ugomba gusuzumwa no gutorerwa muri Sena mbere yo kuba itegeko.

Hagati aho, abatavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bamaze kugeza ibirego mu nkiko, bavuga ko uyu mushinga ushobora kunyuranya n’amahame amwe n’amwe y’Itegeko Nshinga yashyizweho mu 2013.

Abawurwanya bavuga ko hari ingingo z’Itegeko Nshinga zagenewe kubuza abayobozi bari ku butegetsi guhindura amategeko mu nyungu zabo bwite, cyane cyane ku bijyanye n’igihe bamara ku butegetsi.

Mu myaka yashize, Perezida Mnangagwa yakunze kwiyita umuyobozi wubahiriza Itegeko Nshinga n’amahame ya demokarasi.

Ariko abatavuga rumwe na we bavuga ko impinduka ziteganywa n’uyu mushinga zinyuranye n’uwo murongo, kuko zishobora kugabanya uruhare rw’abaturage mu guhitamo umuyobozi w’igihugu.

Ku rundi ruhande, bamwe mu bayobozi ba ZANU-PF bavuga ko iri vugurura rigamije kunoza imikorere y’inzego za leta no kugabanya ibibazo biterwa n’amatora akunze gutwara amafaranga menshi.

Ibyo muri Zimbabwe bikomeje gukurikiranwa n’ibihugu byinshi byo muri Afurika ndetse n’imiryango mpuzamahanga.

Benshi  mu  bakurikiranira hafi ibya politiki ya Zimbabwe  bavuga ko uyu mushinga ushobora kugira ingaruka zirenze imbibi za Zimbabwe, kuko ushobora gutanga urugero ku bindi bihugu bifite ibiganiro birebana no guhindura amategeko agenga manda z’abayobozi cyangwa uburyo bwo gutora abakuru b’ibihugu.

Mu mateka ya Afurika, ibihugu byinshi byagiye bihindura amategeko kugira ngo abayobozi bakomeze kuguma ku butegetsi cyangwa bahindure uburyo bwo gutorwa. Ibyo byagiye bikurura impaka zikomeye hagati y’abashyigikiye izo mpinduka n’abazifata nk’inyuranyije n’amahame ya demokarasi.

Mu gihe Sena itarafata umwanzuro wa nyuma ndetse n’inkiko zikaba zikiri gusuzuma ibirego byatanzwe, amaso ya benshi akomeje kureba uko iki kibazo kizagenda n’ingaruka gishobora kugira ku hazaza h’imiyoborere ya Zimbabwe no ku rugendo rwa demokarasi ku mugabane wa Afurika.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments