• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, ku wa Gatanu, tariki ya 10 Nyakanga 2026, yoherereje mugenzi we wa Angola, João Lourenço, ubutumwa bwihariye.

Nk'uko byatangajwe na Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Angola ibinyujije ku rubuga rwa X, ubu butumwa bwashyikirijwe Angola n'intumwa idasanzwe ya Perezida wa RDC, Antoine Ghonda Mangalibi, wabushyikirije Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Angola, Tete António, kugira ngo abushyikirize Perezida João Lourenço.

Minisiteri yagize iti: "Ubutumwa bwa Nyakubahwa Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bugenewe mugenzi we João Manuel Gonçalves Lourenço, Perezida wa Repubulika ya Angola, bwashyikirijwe kuri uyu wa Gatanu nyuma ya saa sita i Luanda, buhabwa Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga Tete António."

Nubwo ibikubiye muri ubu butumwa bitatangajwe ku mugaragaro, bwoherejwe mu gihe uburasirazuba bwa RDC bukomeje kurangwa n'intambara ihanganishije ingabo za Leta n'umutwe wa AFC/M23, Kinshasa ushinja u Rwanda kuwutera inkunga, mu gihe u Rwanda rubihakana.

Uyu mutwe uracyagenzura ibice byinshi byo mu ntara za Kivu y'Amajyaruguru na Kivu y'Amajyepfo, mu gihe ibiganiro by'amahoro biri kubera i Washington no i Doha bitaragera ku musaruro urambye ushobora guhagarika amakimbirane.

Ibi bibaye mu gihe imbere muri RDC hakomeje impaka zikomeye ku mushinga ushobora guhindura cyangwa kuvugurura Itegeko Nshinga, hasigaye imyaka ibiri ngo manda ya Perezida Félix Tshisekedi irangire.

Kohereza ubu butumwa bibaye mu gihe ibihugu byo mu karere bikomeje kugirana ibiganiro byinshi ku bibazo by'umutekano n'amahoro. Kinshasa na Luanda bikomeje kuganira ku mubano wabyo ndetse no ku bibazo bireba akarere k'Ibiyaga Bigari.

Byabaye kandi nyuma y'uko Perezida w'u Burundi akaba n'Umuyobozi w'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) muri iki gihe, Évariste Ndayishimiye, agiranye ibiganiro n'amadini atandukanye yo muri RDC ndetse n'abayobozi bamwe batavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Kinshasa.

Mu yindi gahunda y'ubuhuza, Perezida Félix Tshisekedi aherutse kugirira uruzinduko i Brazzaville, aho yagiranye ibiganiro na Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso. Uru ruzinduko rwakurikiye urwa Perezida Ndayishimiye i Kinshasa.

Nyuma yaho, Denis Sassou Nguesso yakomeje ibiganiro yakira na Cardinal Fridolin Ambongo, baganira ku bibazo bya politiki n'imiyoborere muri RDC.

Muri Gashyantare uyu mwaka, nyuma y'inama yabereye i Luanda yiga ku mahoro muri RDC, hafashwe umwanzuro ko Angola iyobora ibiganiro byo gutegura ibiganiro bihuza Abanyekongo ubwabo (dialogue intercongolais). 

Icyo cyemezo cyafatiwe mu nama yahuje João Lourenço, Félix Tshisekedi, Perezida wa Togo Faure Gnassingbé, wari washyizweho nk'umuhuza wa AU, ndetse n'uwahoze ari Perezida wa Nigeria Olusegun Obasanjo, wari uhagarariye akanama k'abahoze ari abakuru b'ibihugu bya Afurika bashinzwe gufasha inzira y'amahoro muri RDC.

Kuva icyo gihe, intumwa za Perezida Tshisekedi na João Lourenço zakomeje guhanahana ingendo n'ibiganiro bya dipolomasi. Icyakora, nk'uko byatangajwe n'ikinyamakuru Jeune Afrique, uwo mushinga w'ibiganiro hagati y'Abanyekongo uracyadindira kubera kutumvikana ku buryo ibyo biganiro byakorwa n'abagomba kubyitabira.

Abasesenguzi ba politiki bavuga ko Angola ikomeje kugira uruhare rukomeye mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwa RDC, ariko ko amahirwe yo kugera ku mwanzuro urambye azaterwa n'ubushake bwa Leta ya Kinshasa, AFC/M23 n'ibindi bice birebwa n'iki kibazo bwo kwemera ibiganiro byuzuye kandi bidaheza uruhande urwo ari rwo rwose.

 Hagati aho, inzira z'ubuhuza ziyobowe na Afurika Yunze Ubumwe, Qatar na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziracyakomeje mu rwego rwo gushaka igisubizo kirambye ku bibazo by'umutekano mu karere k'Ibiyaga Bigari.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments