Muri Libya,
impande ebyiri zihanganye zikomeje gushaka inzira zo kongera guhuza igihugu,
binyuze mu biganiro bigamije gushimangira umutekano no kwihutisha ubumwe
bw’inzego za gisirikare.
Mu mujyi wa Sirte,
ufite akamaro gakomeye mu rwego rwa gisirikare ndetse akaba ari na wo
wavukiyemo uwahoze ayobora Libya, Muammar Gaddafi, habereye ibiganiro byahuje
Jenerali Salah Eddine Al-Namroush, uhagarariye ingabo zemewe n'Umuryango
w'Abibumbye, na Jenerali Khaled Haftar, umuhungu wa Maréchal Khalifa
Haftar>.
Ibiganiro
byabo byari bigamije kongera imikoranire mu by’umutekano no kwihutisha gahunda
yo kongera guhuriza hamwe ingabo za Libya, igihugu kimaze imyaka irenga icumi
kirangwa n’amakimbirane ya politiki n’umutekano.
Muri iyi
nama kandi harimo abagize Komisiyo ihuriweho ya Gisirikare (Joint Military
Commission), Komite ihuriweho ishinzwe ibya gisirikare n’umutekano, ndetse
n’abahagarariye Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo Gufasha Libya (UNSMIL).
Nubwo nta
makuru arambuye yatangajwe ku byaganiriweho, itangazo ryasohotse nyuma y’iyo
nama rivuga ko ibiganiro byagenze neza kandi byubakiye ku bwumvikane hagati
y’impande zombi.
Libya
yakomeje kuba mu bibazo by’umutekano na politiki kuva mu mwaka wa 2011, nyuma
y’ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Muammar Gaddafi. Kugeza ubu, igihugu kiracyafite
ubutegetsi n’ingabo zigabanyijemo ibice bibiri, kimwe gikorera mu Burasirazuba
ikindi mu Burengerazuba, ibintu byakomeje kudindiza gahunda yo gusubiza igihugu
ku murongo.
Kimwe mu
bibazo bikomeye bikomeje gutegerezwa n’Abanya-Libya ni amatora y’umukuru
w’igihugu, amaze imyaka myinshi asubikwa kuva mu mwaka wa 2014 kubera
kutumvikana kwa politiki n’ibibazo by’umutekano. Biteganyijwe ko aya matora
agomba kuba bitarenze ku wa 17 Gashyantare 2027, akaba afatwa nk’intambwe
y'ingenzi ishobora gufasha Libya kongera kugira ubuyobozi bumwe no gusigasira
amahoro arambye.
Like This Post? Related Posts