Umunyamabanga
Mukuru mushya w'Umuryango w'Ibihugu by'Abarabu (Arab League), Nabil Fahmy,
yasabye Iran guhagarika ibitero ikomeje kugaba ku bihugu by'Abarabu no kubahiriza
ubusugire bwabyo. Yanenze kandi icyemezo cya Israel cyo kutemerera intumwa
z'uyu muryango kwinjira muri Cisjordanie yigaruriwe kugira ngo zihure na
Perezida wa Palestine, Mahmoud Abbas.
Nabil Fahmy
yabivugiye i Cairo mu Misiri ku wa Mbere, mu ijambo rye rya mbere nyuma yo
gutangira inshingano zo kuyobora Umuryango w'Ibihugu by'Abarabu.
Yashimangiye
ko kubahiriza ubusugire bw'ibihugu by'Abarabu ari ihame ridakwiye na rimwe
kurengwaho, asobanura ko ibikorwa bya Iran mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati
biri mu bibangamiye cyane umutekano w'akarere.
Yagize ati: "Kubahiriza
ubusugire bw'ibihugu by'Abarabu ni ihame shingiro tutazigera twemera ko
rihungabanywa." Yakomeje ashimangira ko "Igitero cyose kigabwe ku
gihugu kimwe cy'Abarabu gifatwa nk'igitero ku bihugu byose by'Abarabu."
Ku bijyanye
n'ibibazo bya Palestine, Fahmy yavuze ko nubwo Israel yanze kumuha
uburenganzira bwo kwinjira muri Cisjordanie yigaruriwe kugira ngo ahure na
Perezida Mahmoud Abbas, Umuryango w'Ibihugu by'Abarabu uzakomeza gukora
ibishoboka byose kugira ngo iryo huriro rigerweho.
Yagize ati: "Iki
kibazo kizakomeza kuba kimwe mu byo Umuryango ushyira imbere, kandi ni na kimwe
mu byo nanjye ku giti cyanjye nzashyira imbere."
Nabil Fahmy
atangiye izi nshingano mu gihe Uburasirazuba bwo Hagati bukomeje kurangwa
n'umwuka mubi. Amasezerano y'ubwumvikane hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika
na Iran ari mu kaga, mu gihe ibitero Amerika igaba kuri Iran n'ibitero Iran
ishinjwa kugaba ku bihugu by'Abarabu byo mu Karere ka Golfe byongeye gukaza
umurego.
Muri icyo
gihe kandi, amakimbirane akomeje muri bimwe mu bihugu by'Abarabu birimo Libani,
Intara ya Gaza na Sudani, aho Umuryango w'Ibihugu by'Abarabu uvuga ko uzakomeza
gushyigikira ibiganiro bya dipolomasi n'ubundi buryo bw'amahoro bugamije
gushakira umuti urambye ibyo bibazo.
Like This Post? Related Posts