Urukiko
rw'Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa rwemeje igihano cy'imyaka 27 y'igifungo
cyahawe Eugène Rwamucyo, nyuma yo kumuhamya icyaha cy'ubufatanyacyaha muri
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n'ubufatanyacyaha mu byaha byibasiye
inyokomuntu.
Dr Rwamucyo,
ufite imyaka 67, yari yongeye kuburanishwa mu bujurire nyuma yo gukatirwa iki
gihano bwa mbere n'Urukiko rwa Paris mu Ukwakira 2024. Mu rubanza rw'ubujurire
rwamaze ibyumweru bitandatu, urukiko rwongeye gusuzuma ibimenyetso n'ubuhamya
butandukanye mbere yo kwanzura ko igihano cya mbere kigumaho.
Urukiko
rwamuhamije icyaha cyo kugira uruhare mu migambi n'ibikorwa byagize uruhare
muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse no kugira uruhare mu mugambi wo
gutegura ibyo byaha. Gusa, rwamugize umwere ku byaha bya jenoside ubwayo
n'ibyibasiye inyokomuntu nk'umwe mu babikoze ku giti cye.
Dr Rwamucyo
yakomeje guhakana ibyo aregwa mu rubanza rwose, avuga ko nta ruhare yagize muri
Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu bujurire, yahinduye itsinda ry'abamwunganira mu
mategeko ndetse akomeza gusaba ko yagirwa umwere.
Uru rubanza
rubaye rumwe mu manza zikomeye zaciwe n'inkiko z'u Bufaransa hashingiwe ku
ihame ry'ububasha mpuzamahanga (universal jurisdiction), ryemerera icyo gihugu
kuburanisha abantu bakekwaho ibyaha bikomeye nka jenoside n'ibyaha byibasiye
inyokomuntu, kabone n'iyo byakorewe hanze y'u Bufaransa.
Icyemezo cyo
kwemeza igihano cya Dr Eugène Rwamucyo cyiyongereye ku zindi manza z'abakekwaho
uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 zagiye ziburanishwa n'inkiko zo
mu Bufaransa, mu rwego rwo gukomeza guhangana n'umuco wo kudahana ku byaha bya
jenoside n'ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Like This Post? Related Posts