Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye (Loni), António Guterres, yageze i Damascus mu murwa mukuru wa Syria, mu ruzinduko rw'amateka rubaye ubwa mbere umuyobozi wa Loni asuye iki gihugu kuva mu 2009.
Guterres yakiriwe na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Guverinoma y'inzibacyuho ya Syria, Asaad al-Shaibani, mbere yo kugirana ibiganiro byitabiriwe n'abayobozi ba Syria n'abahagarariye Loni.
Umuvugizi wa Loni, Stéphane Dujarric, yavuze ko uru ruzinduko rwakozwe ku butumire bwa Guverinoma y'inzibacyuho ya Syria, rukaba rugamije gusuzuma aho gahunda y'inzibacyuho ya politiki igeze ndetse n'ibibazo igihugu kigihanganye na byo nyuma y'imyaka myinshi y'intambara.
Biteganyijwe ko Guterres azagirana ibiganiro na Perezida wa Syria, Ahmed al-Sharaa, ndetse ahure n'abandi bayobozi bakuru ba Leta.
Loni ivuga ko uru ruzinduko ruzafasha Guterres kumva neza ingaruka intambara yagize ku gihugu, uko ibikorwa byo kwiyubaka bihagaze, ndetse n'icyizere abaturage ba Syria bafitiye ejo hazaza.
Mu gihe azaba ari muri Syria, Guterres azahura kandi n'abahagarariye imiryango itegamiye kuri Leta, harimo iharanira uburenganzira bw'abagore n'indi miryango ihagarariye ibyiciro bitandukanye by'abaturage.
Azanasura ibirindiro by'ingabo za Loni zishinzwe kugenzura agahenge ku misozi ya Golan (UNDOF), zikomeje kugira uruhare mu kubungabunga umutekano muri ako karere.
Uru ni rwo ruzinduko rwa mbere rw'Umunyamabanga Mukuru wa Loni muri Syria kuva Ban Ki-moon ahasuye mu 2009, mbere y'uko intambara yo muri iki gihugu itangira mu 2011.