• Amakuru / MU-RWANDA

 

Tariki ya 26/07/26, Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu mujyi wa kigali mu Karere ka Gasabo ryafatiye mu Murenge wa Remera, Akagali ka  Rukiri II, Umudugudu w’Ubumwe, ryafashe abasore babiri bacuruza ikiyobwenge cy’urumogi uwitwa  DUSHIMIMANA Gad 24yrs na MAYIRA Eric 27yrs, bafie urumogi udupfunyika 274 na ½ Kg cy’urumogi rudapfunyitse, bafashwe barutwaye kuri moto Bajaj Boxer ifite plate  RAI 522S bakoresha barutunda.

Aba basore bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko basanzwe bazwiho gucuruza urumogi, bafatiwe mucyuho barutwaye kuri moto barushyiriye abakiriya babo.

Kuba abaturage batanga amakuru urumogi nk’uru rugafatwa rutarakwirakwizwa mu baturage n’ikimenyetso kigaragaza ko abaturage bamaze kumenya ububi bw’ibiyobyabwenge, ariko bikanashimangira ko hari abaturage bakishora mu bikorwa byo gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge kandi bgihari mu baturage.

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage bantanga amakuru, ariko ikanabibutsa gukomeza gutanga amakuru kugirango n’abandi batarafatwa nabo bafatwe, abishora mu bikorwa by’ibiyobyabwenge baragirwa inama yo kubireka kuko ubifatiwe ahanwa birimo no gufungwa igihe kirekire.

Ibiyobyabwenge birangiza tubyirinde tubirinde n’abacu.

Abafashwe n’urumogi bafatanywe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera ngo bakorerwe amadosiye bashyikirizwe urwego rw’ubugenzacyaha (RIB).


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments