• Imyidagaduro / ABAHANZI

Bibarwa Yunus, Se w’umuhanzi Kitoko Bibarwa, yitabye Imana  mu ijoro ryo ku wa 26 Nyakanga 2026, azize uburwayi.

Amakuru BTN Ikesha bamwe mu muryango  wamenye ni  uko uyu musaza w’imyaka 73 yafashwe n’uburwayi butunguranye aho yari atuye mu Karere ka Nyanza, ajyanwa mu Bitaro bya Kaminuza ya Kigali, CHUK ari naho yaje kugwa.

Amakuru avuga ko Bibarwa Yunus yari umushumba uri mu kiruhuko cy’izabukuru mu Itorero Méthodiste Libre au Rwanda riri mu Karere ka Nyanza.

Uyu musaza wanakoze mu mushinga Compassion International Rwanda, asize abana batatu n’umugore. Abahungu babiri n’umukobwa umwe. Amakuru akavuga ko Kitoko ari we wari imfura mu bana be.

Kitoko yari amaze imyaka irenga 12 mu Bwongereza, umwaka ushize akaba yaratashye mu Rwanda.

Uyu muhanzi wabuze umubyeyi we, ni umwe mu bitabiriye kandi ibitaramo bizenguruka igihugu byiswe ‘Summer Country Tour’, bihuza abahanzi  barimo Bruce Melody na The Ben n’abandi b’amazina azwi mu gihugu.

Kitoko ni umuhanzi wo mu Rwanda wamamaye cyane mu njyana ya Afropop na R&B, akaba umwe mu bazanye impinduka zikomeye mu muziki w’u Rwanda.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments