• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Perezida wa Cyril Ramaphosa yahamagariye ibihugu byose byo ku mugabane wa Afurika gukomeza ubufatanye mu gucunga neza ikibazo cy'abimukira, agaragaza ko nta gihugu na kimwe cyashobora kugikemura cyonyine.

Ubwo yagezaga ijambo ku bagize Pan-African Parliament, Ramaphosa yavuze ko ikibazo cy'abimukira gikomeje kuba kimwe mu bibazo bikomeye Afurika ihanganye na byo, ashimangira ko hakenewe ibisubizo bihuriweho n'ibihugu byose.

Iri jambo rije mu gihe Afurika y'Epfo ikomeje guhura n'umwuka mubi uterwa n'ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga. Mu byumweru bishize, habaye imyigaragambyo n'ibikorwa byibasira abimukira, bituma guverinoma ya Ramaphosa ishyirwaho igitutu cyo gushaka umuti urambye.

Perezida Ramaphosa yavuze ko kwimuka kw'abaturage mu buryo butagenzurwa bishobora guhungabanya umutekano n'ubumwe bw'abaturage, ariko ashimangira ko igisubizo nyakuri atari ukwibasira abimukira, ahubwo ari ugukemura ibibazo bituma abantu bahunga ibihugu byabo.

Yagize ati: "Nk'ibihugu bya Afurika, tugomba kwemera no gukemura impamvu nyamukuru zituma abaturage bava mu bihugu byabo."

Yagarutse ku mpamvu zirimo intambara, umutekano muke, ibibazo bya politiki, imiyoborere idahwitse, ubukene bukabije ndetse n'ubusumbane mu mibereho, avuga ko ari byo bituma ibihumbi by'Abanyafurika bahitamo gushaka ubuzima ahandi.

Mu gihe gito gishize, imitwe ivuga ko irengera inyungu z'Abanya-Afurika y'Epfo yakajije imyigaragambyo isaba ko abimukira badafite ibyangombwa bava muri icyo gihugu. Abo bigaragambya bashinja bamwe mu banyamahanga kugira uruhare mu bwiyongere bw'ibyaha, ubushomeri ndetse no kuremerera serivisi za Leta nk'ubuvuzi n'uburezi.

Iyi myigaragambyo yatangiye umwaka ushize ishingiye ku mpaka zerekeye uburenganzira bw'abimukira bwo kwivuriza mu mavuriro ya Leta, ariko muri uyu mwaka yarushijeho gukaza umurego, aho bamwe basabaga ko abanyamahanga baba bamaze kuva muri Afurika y'Epfo mbere ya tariki ya 30 Kamena.

Imibare yakusanyijwe hashingiwe ku bikorwa byo gutahura abaturage byakozwe n'ibihugu bitandukanye igaragaza ko mu mezi abiri ashize gusa, abaturage b'abanyamahanga barenga 160.000 bavuye muri Afurika y'Epfo basubira mu bihugu byabo. Ibi ni bimwe mu bikorwa bikomeye byo gutahura abaturage byabaye muri icyo gihugu mu myaka ya vuba.

Ihohoterwa ryibasiye abanyamahanga rimaze guhitana nibura abantu bane, nubwo ibihugu bimwe bivuga ko umubare w'abapfuye ushobora kuba urenze uwo watangajwe ku mugaragaro.

Perezida Ramaphosa yamaganye yivuye inyuma ibyo bikorwa, abyita "ibiteye agahinda kandi biteye isoni." Yavuze ko Afurika y'Epfo yifatanyije n'imiryango yabuze ababo kandi ko yihanganishije ibihugu byaturutsemo abo bahitanywe n'urugomo.

Yanashimangiye ko guverinoma ye izakomeza kurwanya urwango rwibasira abanyamahanga, ivangura n'ivanguramoko rikorerwa Abanyafurika baturuka mu bindi bihugu.

Hagati aho Umuryango w’Ubumwe  bw’Afurika  watangiye kuganira kuri iki kibazo nyuma y'uko Ghana isabye ko cyahabwa umwanya wihariye.

Abaturage babiri ba Ghana bagejeje ikirego mu rukiko mpuzamahanga Mpanabyaha rw’ I La haye basaba ko hakorwa iperereza ku bitero byibasira abanyamahanga.

Icyakora, ubuyobozi bwa Afurika y'Epfo bwahakanye ibyo birego, bubyita ibikorwa bya politiki bidafite ishingiro.

Nubwo Afurika y'Epfo ari yo ifite ubukungu bunini kurusha ibindi bihugu bya Afurika kandi ikaba imaze imyaka myinshi yakira abimukira benshi, yakunze kwibasirwa n'imvururu zishingiye ku rwango rw'abanyamahanga kuva mu myaka hafi makumyabiri ishize.

Mu mwaka wa 2008, imyigaragambyo nk'iyi yahitanye abantu 62 inasiga ibihumbi by'abaturage bahunze ingo zabo. Indi myivumbagatanyo yabaye mu 2015, 2016 na 2019, aho abantu 12 bishwe, benshi muri bo ari Abanya-Afurika y'Epfo.

Abasesenguzi bavuga ko ikibazo kiriho ubu gifite uburemere budasanzwe kuko ku nshuro ya mbere ibihugu byinshi bya Afurika byahurije hamwe ibikorwa byo gutahura abaturage babyo bari muri Afurika y'Epfo, bikaba bigaragaza impungenge zikomeje kwiyongera ku mutekano n'imibereho y'abanyamahanga muri icyo gihugu.

Perezida Ramaphosa asoza yibutsa ko igisubizo kirambye kitazava mu rwango cyangwa mu kwirukana abimukira, ahubwo kizava mu bufatanye bw'ibihugu bya Afurika, guteza imbere amahoro, imiyoborere myiza, ubukungu n'iterambere, kugira ngo abaturage babone impamvu zo kubaka ejo hazaza habo mu bihugu byabo.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments