Umuhanzi
w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Aline Gahongayire agiye kwitabira
igitaramo cyiswe ‘Biweekly Kingdom Nights’, aho azaba ari umushyitsi wihariye
mu gikorwa kigamije guhuza abakunda umuziki wa Gospel no kuramya Imana.
Iki gitaramo
giteganyijwe kuba ku wa 14 Nzeri 2026, kikazabera muri Kigali Universe, guhera
saa 18:00 kugeza saa 21:30.
‘Kingdom
Nights’ ni gahunda igamije guha abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza
Imana umwanya wo guteranira hamwe, kuramya no gusangira ubutumwa bwiza binyuze
mu muziki.
Kuri iyi
nshuro, bitegeanyijwe ko Aline Gahongayire ariwe uzasusurutsa abazitabira iki
gitaramo. Uyu muhanzikazi usanzwe azwi cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana, afite
amateka akomeye kandi yihariye muri muziki ya Gospel Nyarwanda, aho amaze
imyaka myinshi akora umuziki wibanda ku komora imitima ikomeretse, gushima
Imana n’ubutumwa bw’ Agakiza.
Igitaramo
kandi kizaba gifite insanganyamatsiko igaruka ku kuramya Imana, aho ubutumwa
bwacyo bushingiye ku cyifuzo cyo gufasha abantu kurushaho kwegera Imana.
Abifuza
kuzitabira bashobora kugura amatike ya Early Bird ku 5,000 Frw, mu gihe amatike
azagurishwa ku muryango azaba ari 10,000 Frw.
Abategura
Biweekly “Kingdom Nights’ barasaba abakunzi ba Gospel kwitabira iki gikorwa,
aho Aline Gahongayire azaba umwe mu byitezweho gutuma iri joro rirushaho kuba
umwanya wihariye wo kuramya no guhimbaza Imana.
Biweekly
Kingdom Nights izabera i Kigali Universe ku wa 14 Nzeri 2026, guhera saa 18:00
kugeza saa 21:30.