Aba baturage banenga cyane umwanzuro wa nyakwigendera bikekwa ko yiyahuye, bakomeza bavuga ko ku giti umurambo wari umanitseho, hari hegetse urwego rurerure ashobora kuba yifashishije mbere yuko yiyambura ubuzima.
Basaba ubuyobozi kugira icyo bukora hakajya hategurwa ibiganiro bigamije guhumuriza no gukomeza abaturage byu mwihariko abafite ibibazo bitandukanye bitewe nuko muri iyi minsi mu Rwanda hari kugenda hagaragara imfu zituruka ku kwiyahura.
Ku murongo wa telefoni BTN yagerageje kuvugisha ubuyobozi bw'umurenge wa Rwezamenyo kuri iki kibazo ntibyayikundira.
Umurambo wa Nyakwigendera wahise ukurwa mu giti ujyanwa n'inzego z'umutekano mu Buruhukiro bw'Ibitaro bya Kacyiru kugirango ukorerwe isuzumwa.
Amashusho afitanye isano n'iyi nkuru: