• Amakuru / MU-RWANDA
Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, Nibwo mu Mujyi wa Kigali, Inzego zitandukanye zirimo iza Leta n'izigenga nka Save The Children ku bufatyanye na Minisiteri y'Uburezi mu Rwanda, hamurikwaga umushinga" Zero Out Of School Children", witezweho kurandura ikibazo cy'abana bava mu ishuri.

Ni umushinga wakiriwe neza n'abayobozi batandukanye barimo ab'imirenge, mu turere ndetse n'abo mu nzego z'umutekano.

Uyu mushiga wamuritswe ku itariki ya 08 Nzeri 2023, wakiriwe neza n'abayobozi byu mwihariko ab'imirenge bitewe nuko igihe uzatangira gushyirwa mu bikorwa hatazongera kugaragara ikibazo cy'abana bava mu ishuri kuko akenshi usanga aribo bavamo ab'inkozi z'ibibi cyane cyane amabandi.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w'umurenge wa Kigali, NTIRUSHWA Christophe, aganira na BTN, yavuze ko uyu mushinga bawishimiye kuko uza ubunganira muri gahunda bari basanzwe bafite zigamije kugabanya umubare w'abana bava mu ishuri bitewe n'impamvu zitandukanye.

Yagize ati" Uyu mushinga wa Zero Out Of School Children, twawakiriye neza kuko uzadufasha aho dutuye n'aho tuyobora ku buryo ikibazo cy'abana bava mu ishuri kitazongera kumvikana ukundi".

Gitifu NTIRUSHWA ushimira cyane MINEDUC n'abandi bose bagize uruhare ngo uyu mushinga ubeho, akomeza avuga ko ntamuntu udahangayikishwa n'ikibazo cy'abana bava mu ishuri akenshi bisanga bari gusharirirwa n'ubuzima bwo ku muhanda.

Ku wa 10 Gashyantare 2023 mu murenge wa Kigali habaye igikorwa cyo gusubiza abana barenga 60 mu ishuri  batuye mu midugudu itandukanye irimo iya Kibisogi, Miganza na Akirwanda muri gahunda ya" Gahunda y’Umudugudu uzira umwana wataye ishuri" igamije gutuma abana bose biga ku bufatanye n'ababyeyi, abayobozi barimo inzego z'umutekano ndetse n'ibigo by'amashuri.

Rose Baguma, Umuyobozi mukuru Ushinzwe Politiki y'Uburezi muri Minisiteri y'Uburezi, ushimira imishinga itandukanye irimo Save The Children, kubera uruhare yagize mu ishingwa ry'umushinga wa Zero Out Of School Children uzafasha mu ngeri zitandukanye zirimo kwita ku bana bafite ubmuga, no guha ibigo by'amashuri inkunga zitandukanye zirimo ibikoresho birimo mudasobwa, kongererwa amafunguro n'ibindi nkenerwa.

Agira ati" Zero Out Of School Children ni umushinga mwiza kuko uzafasha henshi nk'aho ibigo by'amashuri bizahabwa ibikoresho bitandukanye birimo mudasobwa ndetse binahabwe inkunga y'amafunguro abana bafatira ku ishuri".

Uyu mushinga kandi uzakorwa hifashishijwe ibigo bitandukanye birimo NUDOR, Hi,  MINEDUC, MIGEPROF, NCDA, MINALOC ndetse haniyongereho indi miryango itandukanye irimo Inshuti z'Imiryango  ziri hirya no hino mu mirenge.

Itegeko rigena imitunganyirize y’uburezi rivuga ko umubyeyi cyangwa ufite ububasha bwa kibyeyi afite inshingano zirimo guha umwana uburere bwiza no kwita ku mikurire myiza ye, gutangiza umwana ishuri ku gihe, gukurikirana imyifatire n’imyigire y’umwana no guha umwana ibikenewe mu myigire ye n’ibindi.

Kugeza ubu mu Rwanda hirya no hino mu ntara zitandukanye, harabarurwa abana bavuye mu ishuri bagera 177,119.
Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments