• Amakuru / MU-RWANDA
Bamwe mu baturage batandukanye batuye mu Mujyi wa Kigali, Bavuga ko imikino y'amahirwe( Betting) hari abo yamaze kumaraho imitungo bitewe no kuyizereramo indonke yo mu gihe gito.

Abaganiriye na BTN TV, bavuze ko iyi mikino bwo yazaga mu Rwanda bwa mbere, hari abahise batekereza ko ije kubakiza mu gihe gito kandi ahubwo ije kubacucura ibyo bagohokeye.
Umwe utarifuje ko amazina ye ajya ahagaragara ati" Bwambere tubona iyi mikino y'amahirwe( Betting) twagize ngo ije kudukiza, kudukura ku isuka none ahubwo yarushijeho kuyidutsindagiraho".

Undi ati" Usanga ku mazu iyi mikino ikorera, haba hari abameze nk'abasazi kubera kuribwa amafaranga rimwe na rimwe ugasanga bafatanwe ibijurano".

Umubyeyi uvuga ko yenda kwicwa n'agahinda kubera iyi mikino y'amahirwe umugabo we yijanditsemo, avuga ko uwo bashakanye yacucuye mu rugo buri kintu cyose kigurishwa kugirango abashe kubona amafaranga yo gusheta.

Akomeza avuga ko Ubuyobozi bukwiye guhagurukira iki kibazo kuko aribwo cyacika ndetse byaba ngombwa iyi mikino y'amahirwe igacibwa ku butaka bw'u Rwanda burundu

Uko uyikina ashobora kuba imbata ya betting

Inzobere mu bijyanye n’imitekerereze zivuga ko muri iki gihe betting ari ikindi kintu gishya gishobora kwigarurira intekerezo n’imigirire y’abayikora kenshi kugeza ubwo bahindutse imbata zayo.

Nk’uko abahanga mu by’imitekerereze babivuga, kuba imbata y’ikintu ni ugutakaza ubushobozi bwo gusesengura; ibyiza n’ibibi, niba ubikora kenshi cyangwa gacyeya, n’inyungu n’igihombo avana muri icyo kintu, ariko mu by’ukuri aba akora kenshi.

Si mu Rwanda gusa iki kibazo cyafashe intera muri Afurika

Raporo ku bushakashatsi bwakozwe na Polisi ya Nigeria yiswe Nigerian pollster Noi Polls igaragaza ko mu baturage miliyoni 190 batuye iki gihugu, hafi 1/3 ni ukuvuga miliyoni 60 bakina imikino y’amahirwe izwi nka Betting.

Iyi raporo ikomeza ivuga ko mu bakina imikino y’amahirwe cyane ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 40, kuko rwihariye 1/3 cy’abaturage bose batuye iki gihugu. Iyi raporo ikomeza ivuga ko muri iyi mikino y’amahirwe guverinoma ihomberamo miliyari 600 z’ama Naira (asaga miliyari 2 z’amadorari ya Amerika) aba yaturutse mu baturage batega nyuma bagatsindwa.

Muri rusange aha muri Nigeria buri rubyiruko rubarwa ko rutakaza amafaranga 300 y’ama Naira (Angana n’a 0.78 by’idorari rya Amerika) buri musi muri Betting. Ibi ngo sibyo bihangayikishije leta cyane ahubwo, ihangayikishijwe n’umubare munini w’abatsindwa muri iyi mikino bikarangira biyahuye.

Imibare itangazwa na polisi ivuga ko byibura buri kwezi babarura abantu 50 bapfa biyahuye kubera guhomba imitungo baba bashoye mu mikino y’amahirwe.

Mu rutonde rurerure rw’amazina yatanzwe na Polisi harimo nk’uwitwa Noble Adelakun w’imyaka 30 y’amavuko wiyahuye nyuma yo guhomba amafaranga 50,000 by’amadorari yakoreshaga ubucuruzi mu mukino waraye ubaye ubwo Ikipe ya Paris Saint Germain yatsindaga Atlanta muri UEFA Champions league.

Amashusho arimo abaganiriye na BTN TV kuri iki kibazo

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments