• Amakuru / MU-RWANDA
Umusaza witwa Mvukiyehe Celestin wo mu Murenge wa Nyamyumba, Akarere ka Rubavu, arasabirwa ubutabera n'abaturage nyuma yuko atemwe ugutwi n'umuhungu we bapfa kutamuha umugabane( umunani)

Abaturage baturanye n'uyu musaza, babwiye BTN ko uyu musore w'igisare yagerageje kwica se Imana igakinga ukuboko ariko biturutse ku mugabane( Umunani) yifuzaga guhabwa.

Nyina umubyara nawe yahamirije uru rugomo umunyamakuru ndetse anagaruka ku nkomoko yarwo.

Yagize ati" Bijya kuba, byahereye mu murima turi guhinga mfite umuhoro noneho tugeze mu muhanda ahita awunyaka ambwira ko ntamugore ugendana muntoki umuhoro kandi ari kumwe n'umugabo.

Akomeza avuga ko akiwumwaka yahise yiruka yiyamira avuga ko agiye guhita atema se akamwica bitewe nuko yamwimye umugabane kugeza ubwo amushyikiriye agatangira gutemagura ku mutwe gusa kubwo amahirwe bakawumwaka ataramuvutsa ubuzima.

Ikifuzo cy'aba baturage ni uko Tumwizere Gilbert yafungwa akaryozwa urugomo n'ubugome yakoreye ise.

Nkurunziza Faustin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyamyumba, yandikiye ubutumwa bugufi umunyamakuru wa BTN ko, urugomo rw'uyu musore rutigeze rwirengagizwa kuko nyuma yuko abaturage batabaje inzego z'umutekano zirimo Poolisi ubwo yatemaga se, yahise ashyikirizwa Urwego rw'Ubugenzacyaha, RIB ndetse na Se ahita ajya kuvuzwa kwa muganga.

Agira ati" Ku bijyanye n'uriya musore watemye umubyeyi ugutwi amuziza ko atamuhaye umugabane( Umunani), ntabwo byahishiriwe kuko batabaje inzego z'umutekano zirimo Poolisi ubwo yatemaga se, yahise ashyikirizwa Urwego rw'Ubugenzacyaha, RIB ndetse na Se yahise ajya kuvuzwa kwa muganga".

Amashusho afitanye isano n'iyi nkuru:


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments