• Amakuru / MU-RWANDA
Kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kanama 2024, Nibwo hirya no hino mu Gihugu, hizihijwe umunsi w’umuganura, abakuze bavuga ko kwizihiza umuhango w’umuganura ari ugusigasira umurage w’u Rwanda, bitewe nuko ukubiyemo indangagaciro z’umuco Nyarwanda.

Abaturage batuye mu Karere ka Gasabo, mu Murenge wa Kinyinya, Akagari ka Kagugu, ubwo bizihizaga uyu munsi udasanzwe" Umuganura" , bavuze ko bashyize imbaraga mu kwigisha abana ibijyanye n'umuco bahereye ku muhango w'umuganura.

Uyu muhango wari wateguwe bidasanzwe, watashywe n'abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kinyinya, Havuguziga Charles.

Bamwe mu baturage bari muri uyu muhango, batangarije Bplus TV ko uyu munsi bawufata nk'amateka kandi wigirwamo byinshi nkuko byagarutsweho na Uwamaliya Nadia, umukuru w'Umudugudu wa  Gicikiza.


Izabarera Theoneste, umukuru w'Umudugudu wa Giheka, avuga ko Umuganura uhuza abatari bake byu mwihariko ku mwero w'ibihingwa ariko nanone abakababazwa nuko hari abana batamenya ibijyanye n'umuco cyakora muri Giheka hatangiye gufatwa ingamba.

Mukamurinda Dapflosa, wizihirije bwa mbere umuganura ku ngoma ya Cyami ndetse anahiturirwa inyana y'ibihogo, yatangarije Bplus TV  ko hambere hari ibihingwa ariko magingo aya bisa nk'ibyazimiye.

Yagize ati" Bwambere nizihirije Umuganura ibwami kwa Rudahigwa, icyo gihe twararyaga, tukabyina, tukizihirwa ndetse umwami akagabira abaturage inka, nanjye yampaye inyana y'ibihogo gusa uyu munsi ibyo twabonaga ntibiboneka magingo aya".

Umunsi w’Umuganura mu mwaka wa 2024 ku rwego rw'igihugu wizihirijwe mu Karere ka Kayonza, ukaba ufite insanganyamatsiko igira iti ‘Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira.’

Inzira y’umuganura ni imwe mu Nzira 18 zari zigize inzira z’ubwiru mu Rwanda mu gihe cy’ingoma ya cyami.

Umuganura watangiye kwizihizwa mu kinyejana cya cyenda, hanyuma wongera guhabwa imbaraga n’Umwami Ruganzu II Ndoli (1510-1543) ubwo yabohoraga u Rwanda nyuma y’imyaka irenga 10 ruri mu maboko y’abanyamahanga (Abanyabungo).

Waje kugirwa ihame ridakuka mu kinyejana cya 16 ubwo Umwami Ruganzu II Ndoli yabohoraga u Rwanda rwari rwarigaruriwe nyuma y’amacakubiri yatumye Umwami Ndahiro Cyamatare yicwa n’ababisha n’ingoma yarwo, Rwoga, ikanyagwa n’abanyamahanga.

Amafoto:
Mukamurinda Daphrose aganira na Bplus TV
Uwamaliya Nadia, umukuru w'Umudugudu wa  Gicikiza aganira n'itangazamakuru

Patrick Mazimpaka, Gitifu w'Akagari ka Kagugu(ibumoso) arikomwe na SEDO


Umwami n'umwamikazi bari bagaragiwe nk'ikimenyetso cy'umuco


Itsinda ry'abakuru b'imidugudu igize Akagari ka Kagugu

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kinyinya, Havuguziga Charles(Hagati)

Imidugudu yahize indi yahawe ishimwe
Amafunguro gakondo yagaburiwe












Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments