RIB yataye muri yombi Ingabire Victoire ukurikiranyweho ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi

Yanditswe na: DUSHIMIMANA Elias 2025-06-20 06:47:00 Amakuru

Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kamena 2025, Nibwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi Ingabire Victoire Umuhoza, ukurikiranyweho ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gutegura ibikorwa bigamije gukurura imvururu muri rubanda.

 

Mu butumwa RIB yanyujije ku rubuga rwa X, yavuze ko Ingabire yafashwe mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo cy’Urukiko Rukuru, mu rubanza ruregwamo Sibomana Sylvain na bagenzi be.

 

Ibi bibaye nyuma y’uko Urukiko rusabye Ubushinjacyaha gukora iperereza ryimbitse ku byaha aregwamo hamwe na bagenzi be.

Mu butumwa yashyize kuri X, RIB yagize iti: “RIB, ibisabwe n’Ubushinjacyaha, ku wa 19 Kamena 2025 yatangije iperereza kuri INGABIRE UMUHOZA Victoire, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo cy’Urukiko Rukuru mu rubanza ruregwamo Sibomana Sylvain na bagenzi be, kugira ngo ashyikirizwe Urukiko.”

Yongeyeho ko: “INGABIRE UMUHOZA Victoire akurikiranyweho hamwe na bagenzi be ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gutegura ibikorwa bigamije gukurura imvururu muri rubanda.”

Ingabire Victoire Umuhoza afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera, mu gihe ategereje gushyikirizwa Ubushinjacyaha.

Related Post