FDLR nitarandurwa u Rwanda ruzakora icyo rukora mu kuyirinda - Perezida Kagame agaruka ku masezerano ya Washngiton

Yanditswe na: NIYONSENGA Schadrack 2025-07-04 14:27:39 Amakuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze umucyo ku hazaza h’ibibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’aho ibi bihugu byombi biherutse gushyira umukono ku musazerano y’amahoro mu gikorwa cyabereye i Washington muri Leta zunze ubumwe za Amerika zanafashwe nk’umuhuza w’ibyo bihugu byombi bimaze imyaka irenga 30 mu makimbirane no gucengacengana.

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikimbirana ahanini bipfa ibibazo by’umutekano muke n’intambara ihora mu Burasirazuba bwa Congo kuko Congo ishinja u Rwanda kuba ari rwo ruyitera cyangwa rukanatera inkunga imitwe nka M23 iyirwanyiriza muri icyo gice cy’Uburasirazuba.

Ni ibirego ariko u Rwanda rutajya rukozwa ahubwo rukemeza ko Congo icumbikiye umutwe w’Iterabwoba wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni mu gihe iriya M23 u Rwanda rushinjwa yo yiganjemo Abanyecongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi baniganjemo abahoze ari mpunzi mu Rwanda n’ ahandi mu isi bahunze ubwicanyi bakorerwa na FDLR ituye mu bice byabo bya gakondo.

Amasezerano y’u Rwanda na DRC yashyiriweho umukono i Washington ku wa 27 Kamena 2025 kuri ubu niyo ahanzwe amaso nk’igisubizo ku bibazo by’ibi bihugu byombi. Ni amasezerano yahawe umugisha n’abakomeye bo mu isi batandukanye ndetse n’u Rwanda na Congo bose kuri ubu imbwirwaruhame zabo ziragaragaza ko aya masezerano afitiwe icyizere.

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa 04 Nyakanga 2025, Perezida w’u Rwanda yahamije ko mu gihe cyose Leta ya Congo itakora ibikubiye muri aya masezerano birimo kurandura FDLR ngo aya maserano nta musaruro azatanga ndetse ikibazo kizagumaho.

Yagize ati “Twasinyanye amasezerano muri Washingtong ariko ntabwo ari Washington izaza kuyashyira mu bikorwa, ni abayasinye bazanayashyira mu bikorwa. Ariko twanabonye ko kenshi mu mateka abantu batajya bashyira mu bikorwa ibyo baba bemeranyije ko bagiye gukora, iryo ni isomo twabonye imyaka myinshi. Rero niba FDLR itaranduwe kandi twarashyizeho uburyo igomba kurandurwamo mu masezerano, ibyo bizaba bivuze ko FDLR igihari kandi n’ikibazo kizakomeza kubaho kandi ubwo u Rwanda na rwo ruzakomeza gukora icyo rukwiye gukora mu gihe FDLR iri ku mbibi zacu.”

Umukuru w’Igihugu yahamije ko u Rwanda rwo rwiteguye kuzakora ibyo rwiyemeje muri ayo masezerano, ati “Ku ruhande rwacu hari ibitureba twanemeye ko tuzakora, dufatanyije n’abandi. Kuri twe ntuzabona u Rwanda rwananiwe gukora ibyo rwemeye gukora. Ntabyo uzabona. Ariko mu gihe uruhande turi gukorana rushatse kuzana amacenga rukadusubiza ku kibazo, ubwo tuzahangana n’ikibazo mu buryo dusanzwe dukoresha mu guhangana nacyo. Nta mayira abiri ari kuri ibi gusa twe turi abizerwa kandi dufite ukwiyemeza mu gushyira mu bikorwa ibyo twiyemeje gukora.”

Kugeza ubu ibivugwa n’uruhande rwa Leta ya Congo bigaragaza ko nabo bemera ko FDLR igomba kurandurwa nk’uko biri mu masezerano uretse ko hari ibikigaragaza ko kubyubahiriza bizagorana, nk’ubu minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Congo, Kayikwamba Wagner yaraye abwiye itangazamakuru ngo “Turashaka gushyira iherezo kuri urwo rwitwazo rwa FDLR ruhora rugaruka imyaka ikaba ibaye 30. Icyiza kirimo ni uko tugomba gushyira iherezo kuri FDLR ariko mbere yo gutangiza izo Operation zihuriweho nabwo si ugupfa kugenda ni ngombwa ko tubanza kumenya ngo ni bangahe kandi barihe ndetse banateje ikihe kibazo.”

Nk’uko bisobanurwa n’ayo masezerano ya Washington kurandura FDLR bigomba gukorwa mu bikorwa bizahuriza hamwe u Rwanda na DRC, ibyo nibirangira u Rwanda narwo rwemera ko ari bwo ruzakuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi ziri Congo ifata nk’iziyibuza amahwemo.

Ni mu gihe umutwe wa AFC/M23 wo ariko ukomeje guhuzwa na Leta ya Congo ku rundi ruhande mu bigani byo bibera i Doha muri Qatar n’ubwo M23 ivuga ko nta bushake Leta igaragaza muri ibyo biganiro.



Related Post