• Amakuru / POLITIKI

Nyuma y’amasaha make AFC/M23 na Leta ya Congo bishyize umukono ku masezerano y’amahoro, izi mpande zombi zahise zitangira guterana amagambo mu buryo bugaragaza kutumva kimwe ibikubiye mu yashyizweho umukono.

Itariki ya 19 Nyakanga 2025 yinjiye nayo mu mateka y’amatariki atazibagirana mu murongo wo gushakira umutekano ibice byinshi byo mu burasirazuba bw’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’aho abo mu mutwe wa M23 n’abahagarariye Leta bashyize umukono ku masezerano y’amahoro.

Ni amasezerano yashyiriweho umukono i Doha mu gihugu cya Qatar bigizwemo uruhare n’icyo gihugu nk’umuhuza, icyakora ku munsi nyirizina wo gusinya aya masezerano hanagaragaye umujyanama mukuru kuri Afurika wa Perezida w'Amerika Donald Trump, Masad Boulos.

Ni amasezerano aje akurikira ayasinyiwe i Washingtong muri Amerika yo yari hagati ya Leta ya Congo n’u Rwanda na yo n’ubundi mu gushakira amahoro Uburasirazuba bwa Congo bumaze imyaka igera kuri ine bwugarijwe n’intambara hagati ya M23 n’ingabo za DRC ( FARDC).

Muri iki gikorwa Leta ya Congo yari ihagarariwe na Sumbu Sita Mambu, usanzwe ari intumwa nkuru ya Perezida wa Tshisekedi mu gihe AFC/M23 yo yari ihagarariwe na Benjamin Mbonimpa we akaba ari umunyamabanga nshingwabikorwa wabo.

Ibikubiye muri aya masezerano birimo ko impande zombi zemeranyije ku gahenge gahoraho hirindwa ibitero byo mu kirere, ku butaka cyangwa mu mazi cyangwa ikindi gikorwa cyose cyo kudurumbanya, no kureka itangazwa ry'icengezamatwara ry'urwango cyangwa rikangurira gukora urugomo.

Bemeranyije kandi ko hagomba kuzabaho isubizwaho ry’Ubutegetsi bwa Leta, M23 ikarekura ibice byose igenzura muri kiriya gihugu ariko hakaba hazagenwa uburyo ibyo bizakorwamo n’ingengabihe yo gukorwa kwabyo

Iyi ngingo yo kurekura ibice byose niyo yahise iteza impaka hagati y’impande zihanganye aho byatangijwe na minisitiri w’Itumanaho wa Leta ya Congo, Patrick Muyaya wagaragazaga ko kumwe  ibyo ari byo byihutirwa muri aya masezerano.

Abinyujije kurukuta rwe rwa X, Muyaya yagize ati “ Aya masezerano y'i Doha azirikana imorongo ntarengwa leta ya Kinshasa yakomeje gushimangira, irimo kurekura ibice byose byafashwe na AFC/M23 nta yandi mananiza bigakurikirwa no kongera gukorera muri ibyo bice kw'inzego z'ubutegetsi bwa Kinshasa, igisirikare, polisi n'inzego z'ubucamanza. Ibyagezweho uyu munsi bifungura inzira yerekeza ku masezerano rusange y'amahoro azagerwaho mu minsi iri imbere agamije kurangiza mu buryo burambye intambara mu burasirazuba bwa RDC".

Nyuma y’ibi Muyaya yari atangaje, Bertrand Bisiimwa uyobora ishami rya Politiki muri AFC/M23 yahise amusubiza ko “aya masezerano mu byo ateganya harimo gusubizaho ubutegetsi bwa leta ku butaka bwose bw'igihugu” ati “Ntibivuze kuvana ingabo mu bice ahubwo bivuze uburyo bwo guha ubushobozi Leta igashobora kuzuza inshingano zayo".

Ni mu gihe Masad Boulos we yavuze ko “icyitezwe kugerwaho ni isubizwaho ry'ubutegetsi bwa Leta ku butaka bwayo bwose, kandi ibyo ni ibintu bisanzwe ku gihugu icyo ari cyo cyose, hatitawe kuri perezida cyangwa ubutegetsi. Iki ni ikibazo kireba buri gihugu, ariko ni ingenzi cyane ko Leta igenzura ubutaka bwayo bwose, kuko ibi bituma habaho umutekano, ituze, n'iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'abaturage bose."

Icyakora Boulos yanibukije ko bizwi ko ukurikije uko ibintu bimeze muri Congo "bisaba ko habaho ibiganiro, gukomeza kuganira muri ibyo biganiro, no kudacogora kugira ngo hagerwe ku masezerano arambuye, yuzuye kandi adaheza".

Impande zombi ziyemeje gushyira mu bikorwa ibiteganywa muri aya mahame nyuma yo kuyashyiraho umukono, ndetse ngo bitarenze ku itariki ya 29 y'uku kwezi. Ibi nibimara kubahirizwa impande zombi zaniyemeje kuzahita zitangira ibiganiro bitaziguye hagamijwe "gutangira ibiganiro ku masezerano y'amahoro bitarenze ku itariki ya 8 Kanama 2025.

Biteganyijwe ko nyuma ya Doha, Perezida Tshisekedi na Perezida w'u Rwanda Paul Kagame bazahurira i Washington bagashyira umukono ku masezerano rusange y'amahoro.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments