Umugabo witwa Uwiragiye Jean D’Amour wari ucumbitse mu karere ka Rubavu yasanzwe mu nzu yari atuyemo yapfuye bigaragara ko yakubiswe, abatuye mu gace byabereyemo bashinja umugore we ko yaba ari we wamwishe kuko ngo bari basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku busambanyi bw’uwo mugore.
Abaganiriye
na BTN TV bemeza ko ibyagaragaye byerekana ko uriya mugabo bakundaga kwita Papa
Bebe ngo yaba yakubiswe bakabishingira ku maraso ye yabonetse aho hafi y’urugo
bakanabishingiraho bemeza ko yaba yakubiswe n’abagabo basambanya uwo mugore we.
Bakomeza
bashimangira ko impamvu bashyira uru rupfu ku mugore wa Nyakwigendera ngo ari
uko bari baratandukanye ariko ngo mu ijoro yishwemo uwo mugore akaba yari
yagarutse muri urwo rugo agatwara abana ndetse ngo bakaba bari banirirwanye
basangira umusururu.
Umwe ati “Bahoraga
banarwanira muri kaburimbo uwo mugabo amusanganye n’abandi bagabo.” Naho undi
ati “Ni abo bagabo be bamwishe buriya.”
Inzego z’umutekano
muri kariya Karere zemereye umunyamakuru wacu ko koko uko byagaragaye uriya
mugabo yishwe akubiswe ndetse hatangiye iperereza ku rupfu rwa Nyakwigendera kandi
ko abo iperereza rizafata bazahanwa hakurikijwe amategeko.
REBA IYI NKURU KU BURYO BURAMBUYE MURI VIDEO IKURIKIRA…