• Amakuru / MU-RWANDA


Bamwe mu baturage batuye muri santere y’ubucuruzi ya Nyacyonga iherereye mu murenge wa Jabana mu karere ka Gasabo barasaba inzego bireba kubavuganira hakagira igikorwa mu rwego rwo kubakiza ivumbi ryinshi rirangwa muri iyo santere bemeza ko ritezwa n’amakamyo y’abashinwa ahanyura.

Bavuga ko ayo makamyo ari ayatunda amabuye acukurwa mu kirombe kiri muri aka gace gusa ngo aho anyuzwa nta muhanda wa Kaburimbo uhari ndetse ni no hagati mu isantere iba irimo urujya n’uruza bigatuma hazamuka ivumbi ryinshi.

Aba bashimangira ko kubera iryo vumbi bahorana indwara zo mu buhumekero nk’ibicurane na giripe.

Icyifuzo cy’abaganiriye na BPLUS dukesha iyi nkuru ni uko uyu muhanda washyirwamo kaburimbo cyangwa se abo bashinwa bagategekwa kujya byibuza bamena amazi muri iyi santere mu rwego rwo kugabanya ivumbi. 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments