• Amakuru / POLITIKI


Ku wa 23 Nyakanga 2025 ni bwo perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho minisitiri w’Intebe mushya witwa Dr Justin Nsengiyumva asimbura Dr Edouard Ngirente wari umaze imwaka 8 kuri uwo mwanya.

Ni impinduka zisa nizatunguranye kuko uyu Dr Ngirente Edouard yari amaze umwaka umwe ashyizweho nka Minisitiri w’Intebe winjiranye na Perezida Kagame muri iyi manda yatangiye muri 2024 ikazamara imyaka itanu kuko izarangira muri 2029.

Nyuma rero y’uko minisitiri w’Intebe avuyeho Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryavuguruwe muri 2015 riteganya ko hagomba no guhita haba impinduka muri guverinoma.

Iryo tegeko mu ngingo yaryo ya 124 iteganya ko Iyo Minisitiri w’Intebe yeguye cyangwa avuyeho ku mpamvu iyo ari yo yose, bituma n’abandi bagize Guverinoma begura. Icyakora abo bagize guverinoma bakomeza gukora inshingano zimwe na zimwe zisanzwe ariko hari ibyemezo baba batemerewe gufata.

Amategeko ateganya ko Perezida wa Repubulika agiriwe inama na Minisitiri w’Intebe ashyiraho Guverinoma yubahirije ihame ryo gusaranganya ubutegetsi, gukurikiza imyanya imitwe ya politiki yabonye mu matora y’Inteko Ishinga Amategeko no kureba ababifitiye ubushobozi.

Iyo Minisitiri w’Intebe mushya amaze kurahira, abaminisitiri bagize Guverinoma na bo bararahira yaba abashya cyangwa se abari basanzwe muri izo nshingano mu gihe bongeye kugirirwa icyizere.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments