• Amakuru / MU-RWANDA


Umugore witwa Mukaniyonsenga Claudette wo mu karere ka Ngoma mu Kagali ka Birembo mu murenge wa Kazo ho mu karere ka Ngoma yagiye kureba umugabo we aho bari bamaze iminsi bubaka inzu asanga uwo mugabo amaze iminsi irindwi ashakiye undi mugore muri iyo nzu.

Kuri ubu uyu mudamu arasaba uburenganzira ku mitungo  ye yashakanye n’uwo mugabo cyane ko ngo umugabo yari asigaye anamubwira ko nta burenganzira agifite kuri iyo mitungo.

Nk’uko uyu Mukaniyonsenga yabibwiye umunyamakuru wa Bplus TV, yasobanuye ko we n’umugabo we kuri ubu bafitanye umwana umwe ndetse akaba anatwite inda y’imvutsi.

Akomeza avuga ko kubera imbaraga nke aterwa n’uko gutwita atashoboraga kujyana n’umugabo we buri uko yabaga agiye kubakisha iyo nzu, ariko ko ari inzu yari imaze kubatwara umutungo mwinshi cyane ko hari n’amasambu ngo bagurishaga mu kuyubaka.

Avuga ko ubwo yari ageze aho iyo nzu yubakwa abantu bahise bamutangira bamubuza kuyigeramo ngo kuko hari harimo undi mugore washatswe n’uwo mugabo we ku buryo batinyaga ko yagerayo bikaba byabyara intonganya n’imirwano.

Ntabwo uriya munyamakuru yabashije guhita abona ubuyobozi bwo muri aka gace ngo bugire icyo buvuga ku bivugwa n’uyu mugore ndetse n’uwo mugabo nawe ntiyabonetse ngo nawe avuge icyo atekereza ku bivugwa n’uriya mugore we.  

KURIKIRA IYI NKURU MU BURYO BW’AMASHUSHO MURI VIDEO IKURIKIRA



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments