Bamwe mu batuye mu karere ka Bugesera mu murenge wa Rweru akagali ka Nemba mu mudugudu wa Nemba bahangayikishijwe n’inzira bakoreshaga umunsi ku wundi kuri ubu bakaba badashobora kuyinyuramo kubera amabandi ayihishamo akabambura ndetse akanafata abagore n’abakobwa ku ngufu.
Umunyamakuru
yasanze aba baturage muri uyu mudugudu bavuga ko batujwemo na Leta maze
bamuhamiriza ko inzira iwusohokamo ikomeje gusibama buhoro buhoro bitewe n’umutekano
muke uyirangwamo ibintu banemeza ko bibabangamiye cyane ko ari yo nzira ibageza
ku bikorwa remezo bitandukanye nk’amazi n’amashuri ku bana biga.
Ni inzira
bemeza ko yajemo amabandi ayibategeramo nyuma y’aho ishyamba ryayiteweho
ritangiriye gukura kuko abo banyarugomo bahise bayihindura ubwihisho, hari
uwagize ati “ Nk’abagore bo banabafata ku ngufu.”
Akomeza
agira ati “ Nigeze kuhanyura ngiye kubona mbona umuntu aturutse hirya mu
ishyamba mpita niivugisha nti ese uyu mugabo wambwiye ko aza kuntwaza abana we
ubu ageze hehe? Nti eeeh ndabona ariko aje. Nkivuga gutyo mbona uwo warimo
ansatira cyane ahise ancaho aragenda nange mpita nihuta ndiruka ndagenda.”
Undi we ati “Abaturage barahamburirwa cyane, abantu bose n’umukuru
baramwambura, ariko tukaba dufite ikibazo cyane ku bana b’abakobwa.”
Bakomeza
bavuga ko ubusanzwe aha hanyura abantu bose barimo abana bava cyangwa bajya ku
mashuri aho bita Batima ndetse n’abandi bantu bajya gushaka amazi n’ibindi
bikorwa bitandukanye.
Basaba ko aha hakongerwa umutekano ndetse byanaba ngombwa iryo shyamba rigakurwaho kuko uko bimeze mu gihe iyo nzira itarabonekamo umutekano bibona
REBA INKURU IRAMBUYE MURI VIDEO IKURIKIRA
nk’abari mu bwigunge.
Like This Post? Related Posts